Somera Bibiliya kuri Telefone
Andi mategeko y’Ihema ry’Imana
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter1.
“Kandi uzabāze igicaniro cyo koserezaho imibavu, ukibāze mu mushita.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter2.
Uburebure bwacyo bw’umurambararo bube mukono umwe, n’ubugari bwacyo bube mukono umwe kingane impande zose, uburebure bwacyo bw’igihagararo bube mikono ibiri, ukibāzanye n’amahembe yacyo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter3.
Ukiyagirizeho izahabu nziza hejuru yacyo, no mu mbavu zacyo impande zose no ku mahembe yacyo, kandi uzakigoteshe umuguno w’izahabu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter4.
Ugicurire ibifunga bibiri mu izahabu, ubishyire munsi y’umuguno wacyo ku mbavu zacyo zombi, ku mpande zacyo zombi abe ari ho ubishyira, bibe ibyo gusesekwamo imijisho ikiremerezwa.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter5.
Iyo mijisho uyibāze mu mushita, uyiyagirizeho izahabu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter6.
Ucyegereze umwenda ukingiriza ya sanduku y’Ibihamya, kibe imbere y’intebe y’ihongerero iri hejuru y’ibyo Bihamya, aho nzajya mbonanira nawe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter7.
Aroni ajye acyoserezaho imibavu y’ikivange uko bukeye mu gitondo, uko agiye gutunganya ya matabaza ajye ayosa.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter8.
Kandi nimugoroba uko Aroni agiye gukongeza ayo matabaza, ajye ayosa ibe imibavu itavaho, iri imbere y’Uwiteka mu bihe byanyu byose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter9.
Ntimukacyoserezeho imibavu iciye ukundi, ntimukagitambireho igitambo cyoswa kitagabanijwe cyangwa ituro ry’ifu, ntimukagisukeho ituro ry’ibyokunywa.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter10.
Aroni ahongerere ku mahembe yacyo impongano rimwe uko umwaka utashye, amaraso y’igitambo gitambirwa ibyaha cy’impongano abe ari yo ahongerera icyo gicaniro rimwe uko umwaka utashye, mu bihe byanyu byose. Icyo gicaniro ni icyera cyane cyerejwe Uwiteka.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter11.
Uwiteka abwira Mose ati
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter12.
“Nubara umubare w’Abisirayeli, uw’ababarwa muri bo, umuntu wese azahe Uwiteka incungu y’ubugingo bwe mu ibarwa, kugira ngo badaterwa na mugiga muri iryo barwa.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter13.
Iyi abe ari yo ncungu batanga: umuntu wese ugiye mu babazwe atange igice cya kabiri cya shekeli igezwe ku y’ahera, shekeli imwe ingana na gera makumyabiri, igice cya kabiri cya shekeli abe ari cyo batura Uwiteka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter14.
Umuntu wese ugiye mu babazwe, umaze imyaka makumyabiri avutse cyangwa isaga ature iryo turo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter15.
Abatunzi ntibasāzeho, n’abakene ntibagabanyeho kuri icyo gice cya kabiri cya shekeli, nibatura Uwiteka iryo turo ryo guhongerera ubugingo bwabo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter16.
Nuko uzake Abisirayeli izo feza zibacunguza uzikoreshe imirimo y’ihema ry’ibonaniro, zibere Abisirayeli urwibutso rubibukisha imbere y’Uwiteka, bihongerere ubugingo bwanyu.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter17.
Uwiteka abwira Mose ati
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter18.
“Kandi uzacure igikarabiro mu miringa n’igitereko cyacyo ugicure mu miringa, gikarabirwemo, ugishyire hagati y’ihema ry’ibonaniro n’igicaniro, ugisukemo amazi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter19.
Aroni n’abana be bajye bakarabiramo bogemo n’ibirenge.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter20.
Uko bagiye kwinjira mu ihema ry’ibonaniro, bajye bakaraba boge n’ibirenge badapfa, cyangwa bagiye kwegera cya gicaniro gukora umurimo wabo, wo kosereza Uwiteka igitambo gikongorwa.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter21.
Nuko bakarabe boge n’ibirenge badapfa, bizabere Aroni n’urubyaro rwe itegeko ridakuka mu bihe byabo byose.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter22.
Kandi Uwiteka abwira Mose ati
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter23.
“Uzende imibavu iruta iyindi shekeli magana atanu z’ishangi yivushije, n’umucagate wa mudarasini ihumura neza w’urwo rugero. Ni rwo shekeli magana abiri na mirongo itanu, na shekeli magana abiri na mirongo itanu za kāne ihumura neza,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter24.
na shekeli magana atanu za kesiya zigerwe kuri shekeli y’ahera, na hini imwe y’amavuta ya elayo,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter25.
ubivange bibe amavuta yera yo gusīga, amavuta yinjijwe n’abahanga, abe amavuta yera yo gusīga.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter26.
Uyasīge ku ihema ry’ibonaniro no kuri ya sanduku y’Ibihamya,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter27.
no kuri ya meza no ku bintu byayo byose, no kuri cya gitereko cy’amatabaza no ku bintu byacyo byose, no ku gicaniro cyo koserezaho imibavu,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter28.
no ku gicaniro cyo koserezaho ibitambo no ku bintu byacyo byose, no kuri cya gikarabiro no ku gitereko cyacyo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter29.
Ubyeze bibe ibyera cyane, ikizabikoraho cyose kizabe ari icyera.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter30.
Kandi uzayasīge Aroni n’abana be, ubereze kugira ngo bankorere umurimo w’ubutambyi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter31.
Uzabwire Abisirayeli uti ‘Mu bihe byanyu byose, aya azabe amavuta yo gusīga anyērējwe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter32.
Ntagasukwe ku mubiri w’utari umutambyi, kandi ntimukareme ayandi asa na yo, uko avangwa. Ni ayera, namwe azababera ayera.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter33.
Umuntu wese uzavanga asa na yo cyangwa uzayasīga utari umutambyi, azakurwe mu bwoko bwe.’ ”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter34.
Kandi Uwiteka abwira Mose ati “Uzende imibavu natafu na sheheleti na helubana, iyo mibavu uyivange n’icyome cyiza bihwanye kuremēra.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter35.
Ubivangire kuba umubavu winjijwe n’abahanga, ushyirwemo umunyu we kugira ikindi kivangwamo, ube uwera.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter36.
Uwendeho uwusye uwunoze, na wo uwukoreho uwushyire imbere ya bya Bihamya mu ihema ry’ibonaniro aho nzajya mbonanira nawe. Uzababere uwera cyane.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter37.
Kandi umubavu uzarema, ntimukiremere uvangwa nka wo. Uzababere uwerejwe Uwiteka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter38.
Umuntu wese uzarema usa na wo ngo awinukirize, azakurwe mu bwoko bwe.”

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma kuva igice cya: