Somera Bibiliya kuri Telefone
Mose ashinga Ihema
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter1.
Uwiteka abwira Mose ati
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter2.
“Ku munsi wa mbere w’ukwezi kwa mbere uzashinge ubuturo. Ni bwo hema ry’ibonaniro.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter3.
Ushyiremo isanduku y’Ibihamya uyikingiririshe wa mwenda.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter4.
Winjizemo n’ameza ushyire ibyo kuyaterekwaho mu butereko bwabyo, winjize n’igitereko cy’amatabaza, ukongeze amatabaza yacyo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter5.
Kandi igicaniro cy’izahabu cyo koserezaho imibavu uzagishyire imbere y’iyo sanduku y’Ibihamya, kandi uzakinge umwenda mu muryango w’ubwo buturo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter6.
Ushyire igicaniro cyo koserezaho ibitambo imbere y’umuryango w’ubwo buturo. Ni bwo hema ry’ibonaniro.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter7.
Ushyire igikarabiro hagati y’ihema ry’ibonaniro n’icyo gicaniro, ugisukemo amazi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter8.
Ushinge urugo rugote ubwo buturo, ukinge umwenda mu irembo ryarwo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter9.
“Wende ya mavuta yo gusīga, uyasīge ubwo buturo n’ibirimo byose, ubwezanye n’ibintu byo muri bwo byose. Ni ho buzaba ubwera.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter10.
Usīge n’icyo gicaniro cyo koserezaho ibitambo n’ibintu byacyo byose, ucyeze. Ni ho kizaba icyera cyane.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter11.
Usīge n’icyo gikarabiro n’igitereko cyacyo, ucyeze.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter12.
“Uzane Aroni n’abana be ku muryango w’ihema ry’ibonaniro, ubuhagirireho.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter13.
Wambike Aroni ya myambaro yejejwe, umusīge, umwereze kugira ngo ankorere umurimo w’ubutambyi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter14.
Uzane n’abana be ubambike amakanzu,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter15.
ubasīge nk’uko wasīze se, kugira ngo bankorere umurimo w’ubutambyi. Uko gusīgwa kwabo kuzababera ubutambyi budakuka mu bihe byabo byose.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter16.
Mose agenza atyo, uko Uwiteka yamutegetse kose, aba ari ko akora.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter17.
Nuko mu kwezi kwa mbere ko mu mwaka wa kabiri, ku munsi wako wa mbere, ubwo buturo burashingwa.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter18.
Mose arabushinga, ashyiraho imyobo yo gushingamo ibyabwo, ashinga imbaho z’imiganda yabwo azishyiraho imbumbe zazo, ashinga inkingi zabwo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter19.
Asakaza ubwo buturo ihema, arishyiraho na ryo ibirisakara uko Uwiteka yategetse Mose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter20.
Yenda bya Bihamya abishyira muri ya sanduku, ayishyiraho imijisho yayo, ashyira hejuru yayo intebe y’ihongerero,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter21.
yinjiza iyo sanduku mu buturo, akinga umwenda wo gukingiriza Ahera cyane, awukingiririsha isanduku y’Ibihamya, uko Uwiteka yategetse Mose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter22.
Kandi ashyira ameza mu ihema ry’ibonaniro mu ruhande rw’ubwo buturo rw’ibumoso, inyuma ya wa mwenda ukingiriza Ahera cyane.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter23.
Ayaterekaho imitsima imbere y’Uwiteka, umutsima wose mu butereko bwawo, uko Uwiteka yategetse Mose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter24.
Ashyira igitereko cy’amatabaza mu ihema ry’ibonaniro kibangikana n’ayo meza, kiba mu ruhande rw’ubwo buturo rw’iburyo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter25.
Agishyiriraho amatabaza imbere y’Uwiteka, uko Uwiteka yategetse Mose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter26.
Ashyira igicaniro cy’izahabu mu ihema ry’ibonaniro, inyuma ya wa mwenda ukingiriza Ahera, akiwegereje,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter27.
acyoserezaho umubavu w’ikivange, uko Uwiteka yategetse Mose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter28.
Akinga umwenda mu muryango w’ubwo buturo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter29.
Ashyira igicaniro cyo koserezaho ibitambo imbere y’umuryango w’ubwo buturo. Ni bwo hema ry’ibonaniro. Agitambiraho igitambo cyoswa n’ituro ry’ifu, uko Uwiteka yategetse Mose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter30.
Ashyira igikarabiro hagati y’ihema ry’ibonaniro n’icyo gicaniro, agisukamo amazi yo kwiyuhagiza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter31.
Mose na Aroni n’abana be bakajya bagikarabiramo, bakacyogeramo ibirenge
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter32.
uko bagiye kwinjira mu ihema ry’ibonaniro, kandi uko bagiye kwegera icyo gicaniro bakajya bakaraba bakoga ibirenge, uko Uwiteka yategetse Mose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter33.
Ashinga urugo rugota ubwo buturo n’icyo gicaniro, akinga umwenda mu irembo ryarwo. Uko ni ko Mose yarangije uwo murimo wose.
Ubwiza bw’Uwiteka bwuzura ubwo buturo (Kub 9.15-23)
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter34.
Maze cya gicu gitwikira ihema ry’ibonaniro, ubwiza bw’Uwiteka burabagirana bwuzura ubwo buturo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter35.
Mose ananirwa kwinjira mu ihema ry’ibonaniro kuko icyo gicu cyari kiririho, ubwiza bw’Uwiteka bukuzura ubwo buturo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter36.
Kandi mu rugendo rwabo rwose uko icyo gicu cyaterurwaga kuri ubwo buturo, Abisirayeli barahagurukaga bakagenda,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter37.
ariko icyo gicu kitaterurwaho ntibagende, bakageza umunsi giteruriweho.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter38.
Kuko igicu cy’Uwiteka cyabaga kuri ubwo buturo ku manywa, hakabamo umuriro nijoro mu maso y’inzu ya Isirayeli yose, mu rugendo rwabo rwose.

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma kuva igice cya: