Yesu yigisha abigishwa be gusenga (Mat 6.9-13; 7.7-11) |
   | 1. | Nuko ari ahantu hamwe asenga, arangije umwe mu bigishwa be aramubwira ati “Databuja, twigishe gusenga nk’uko Yohana yigishije abigishwa be.” |
   | 2. | Arababwira ati “Nimusenga mujye muvuga muti ‘Data wa twese, Izina ryawe ryubahwe, Ubwami bwawe buze. |
   | 3. | Uko bukeye ujye uduha ibyokurya byacu by’uwo munsi. |
   | 4. | Utubabarire ibyaha byacu, Kuko natwe duharira abarimo imyenda yacu bose, Kandi ntuduhane mu bitwoshya.’ |
   | 5. | Arababwira ati “Ni nde muri mwe ufite incuti, wayisanga mu gicuku akayibwira ati ‘Ncuti yanjye, nzimanira imitsima itatu |
   | 6. | kuko incuti yanjye impingutseho ivuye mu rugendo, none nkaba ntafite icyo nyizimanira’, |
   | 7. | uwo mu nzu akamusubiza ati ‘Windushya namaze kugarira, ndaryamye n’abana banjye na bo ni uko, sinshoboye kubyuka ngo nyiguhe.’ |
   | 8. | Ndababwira yuko nubwo atabyukijwe no kuyimuhera ko ari incuti ye, ariko kuko amutitirije biramubyutsa amuhe ibyo ashaka byose. |
   | 9. | “Nanjye ndababwira nti ‘Musabe muzahabwa, mushake muzabona, mukomange ku rugi muzakingurirwa, |
   | 10. | kuko umuntu wese usaba ahabwa, ushatse abona, n’ukomanga agakingurirwa.’ |
   | 11. | Mbese ni nde muri mwe ufite umwana, yamusaba umutsima akamuha ibuye? Cyangwa ifi akamuha inzoka? |
   | 12. | Cyangwa yamusaba igi akamuha sikorupiyo? |
   | 13. | None se ko muzi guha abana banyu ibyiza kandi muri babi, So wo mu ijuru ntazarushaho rwose guha Umwuka Wera abamumusabye?” |
Abanzi ba Yesu bavuga ko umurimo w’Umwuka Wera ari uwa Satani (Mat 12.22-32; Mar 3.20-27) |
   | 14. | Yesu yirukanye dayimoni utera uburagi mu muntu, dayimoni amaze kuva mu kiragi kiravuga, abantu baratangara. |
   | 15. | Ariko bamwe muri bo baravuga bati “Ni Belizebuli umutware w’abadayimoni umuha kwirukana abadayimoni.” |
   | 16. | Abandi bamushakaho ikimenyetso kiva mu ijuru, bamugerageza. |
   | 17. | Ariko amenya ibyo bibwira arababwira ati “Ubwami bwose iyo bwigabanije ubwabwo burarimbuka, n’inzu ikagwira indi. |
   | 18. | Na Satani niba yigabanije ubwe ubwami bwe bwakomeza bute, ko muvuga yuko ari Belizebuli umpa kwirukana abadayimoni? |
   | 19. | Ariko jyewe niba Belizebuli ari we umpa kwirukana abadayimoni, abana banyu ni nde ubaha kubirukana? Ni cyo gituma abo ari bo babacira urubanza. |
   | 20. | Ariko urutoki rw’Imana niba ari rwo rumpa kwirukana abadayimoni, noneho ubwami bw’Imana bubaguye gitumo. |
   | 21. | “Umunyamaboko ufite intwaro iyo arinze urugo rwe, ibintu bye biba amahoro. |
   | 22. | Ariko umurusha amaboko iyo amuteye akamunesha, izo ntwaro ze zose yari yizigiye arazimwambura, n’ibyo amunyaze akabigaba. |
   | 23. | “Uwo tutabana ni umwanzi wanjye, kandi uwo tudateraniriza hamwe arasandaza. |
   | 24. | “Dayimoni iyo avuye mu muntu, azerera ahadafite amazi ashaka uburuhukiro, akabubura akavuga ati ‘Reka nisubirire mu nzu yanjye navuyemo.’ |
   | 25. | Yagerayo agasanga ikubuye kandi iteguye, |
   | 26. | akagenda akazana abandi badayimoni barindwi bamurusha kuba babi, bakinjira bakayibamo. Nuko ibyo hanyuma by’uwo muntu bikarusha ibya mbere kuba bibi.” |
Yesu yima Abayuda ikimenyetso (Mat 12.38-42) |
   | 27. | Akivuga ibyo, umugore wari muri iryo teraniro ashyira ejuru aramubwira ati “Hahirwa inda yakubyaye n’amabere yakonkeje.” |
   | 28. | Na we aramusubiza ati “Ahubwo hahirwa abumva ijambo ry’Imana bakaryitondera.” |
   | 29. | Abantu benshi bateraniye aho atangira kubabwira ati “Ab’iki gihe ni abantu babi, bashaka ikimenyetso nyamara nta kimenyetso bazahabwa keretse icya Yona. |
   | 30. | Nk’uko Yona yabereye ab’i Nineve ikimenyetso, ni ko Umwana w’umuntu azakibera ab’iki gihe. |
   | 31. | Umugabekazi w’igihugu cy’ikusi, azahagurukana n’ab’iki gihe ku munsi w’amateka abatsindishe, kuko yavanywe ku mpera y’isi no kumva ubwenge bwa Salomo, kandi dore uruta Salomo ari hano. |
   | 32. | Kandi ab’i Nineve bazahagurukana n’ab’iki gihe ku munsi w’amateka babatsindishe, kuko bihannye ubwo bumvaga kwigisha kwa Yona, kandi dore uruta Yona ari hano. |
Itabaza ry’umubiri iryo ari ryo (Mat 5.15; 6.22-23; Luka 8.16) |
   | 33. | “Nta wukongeza itabaza ngo arishyire mu mwobo cyangwa munsi y’intonga, ahubwo arishyira ku gitereko cyaryo ngo abinjira babone umucyo. |
   | 34. | Itabaza ry’umubiri ni ijisho. Nuko rero ijisho ryawe iyo rirebye neza, n’umubiri wawe wose ugira umucyo. Ariko iyo ribaye ribi, umubiri wawe wose ugira umwijima. |
   | 35. | Witonde rero umucyo ukurimo utaba umwijima. |
   | 36. | Niba umubiri wawe wose usabwa n’umucyo, ari nta mwanya n’umwe ufite umwijima, umubiri wose uzaba ufite umucyo nk’uko itabaza rikumurikishiriza umucyo waryo.” |
Yesu ahana Abafarisayo n’abigishamategeko (Mat 23.1-36; Mar 12.38-40) |
   | 37. | Akivuga ibyo Umufarisayo aramurarika ngo aze iwe basangire, arinjira, aricara arafungura. |
   | 38. | Umufarisayo abibonye atyo, aratangara kuko atabanje kujabika intoki mu mazi ngo abone kurya. |
   | 39. | Umwami Yesu aramubwira ati “Mwebwe Abafarisayo mwoza inyuma y’igikombe n’imbehe, ariko mu nda yanyu huzuyemo ubwambuzi n’ububi. |
   | 40. | Mwa bapfu mwe, iyaremye inyuma si yo yaremye no mu nda? |
   | 41. | Ahubwo ibiri imbere abe ari byo mutangana ubuntu, ni bwo byose bizabatunganira. |
   | 42. | “Ariko muzabona ishyano Bafarisayo, kuko mutanga kimwe mu icumi cy’isogi na nyiragasogereza n’imboga zose, mukirengagiza gukiranuka no gukunda Imana! Ibyo mwari mukwiriye kubikora na byo, na bya bindi ntimubireke. |
   | 43. | “Muzabona ishyano Bafarisayo, kuko mukunda intebe z’icyubahiro mu masinagogi, no kuramukirizwa mu maguriro! |
   | 44. | Muzabona ishyano kuko mumeze nk’ibituro bitagaragara, abantu bakabigendaho batabizi!” |
   | 45. | Umwe mu bigishamategeko aramusubiza ati “Mwigisha, ubwo uvuze utyo natwe uradututse.” |
   | 46. | Aramubwira ati “Namwe abigishamategeko muzabona ishyano, kuko mwikoreza abantu imitwaro idaterurwa, namwe ubwanyu ntimuyikozeho n’urutoki! |
   | 47. | Muzabona ishyano kuko mwubaka ibituro by’abahanuzi, ba sogokuruza banyu ari bo babishe! |
   | 48. | Uko ni ko mwihamije ko mushima ibyo ba sogokuruza banyu bakoze, kuko ari bo babishe namwe mukabubakira ibituro. |
   | 49. | Ni cyo cyatumye Imana ivugisha ubwenge bwayo iti ‘Nzabatumaho abahanuzi n’intumwa bamwe muri bo bazabica, abandi bazabarenganya’, |
   | 50. | kugira ngo amaraso y’abahanuzi bose yavuye uhereye ku kuremwa kw’isi abazwe ab’iki gihe, |
   | 51. | uhereye ku maraso ya Abeli ukageza ku maraso ya Zakariya wiciwe hagati y’igicaniro n’urusengero. Ni koko ndababwira yuko azabazwa ab’iki gihe. |
   | 52. | “Muzabona ishyano abigishamategeko, kuko mwatwaye urufunguzo rw’ubwenge ubwanyu ntimwinjira, n’abashakaga kwinjira mwarababujije!” |
   | 53. | Nuko asohotse, abanditsi n’Abafarisayo batangira kumuhataniraho cyane no kumwiyenzaho ngo bamuvugishe byinshi, |
   | 54. | bashaka kumutega kugira ngo bamufateho ijambo rizamushinja. |