Somera Bibiliya kuri Telefone
Yuda agambanira Yesu (Mat 26.2-5,14-16; Mar 14.1-2,10-11; Yoh 11.45-53)
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter1.
Nuko iminsi mikuru y’imitsima idasembuwe yitwa Pasika, yendaga gusohora.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter2.
Abatambyi bakuru n’abanditsi bashaka uko bamwica, kuko batinyaga rubanda.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter3.
Satani yinjira muri Yuda witwaga Isikariyota, yari mu mubare w’abo cumi na babiri.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter4.
Aragenda avugana n’abatambyi bakuru n’abatware b’abasirikare, uko azamubagenzereza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter5.
Baranezerwa basezerana kumuha ifeza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter6.
Aremera maze ashaka uburyo yamubagenzereza, rubanda rudahari.
Yesu n’abigishwa basangira ibya Pasika (Mat 26.17-30; Mar 14.12-26; Yoh 13.21-30; 1 Kor 11.23-25)
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter7.
Nuko umunsi w’imitsima idasembuwe urasohora, ari wo ukwiriye kubagirwamo umwana w’intama wa Pasika.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter8.
Atuma Petero na Yohana ati “Nimugende mudutunganirize ibya Pasika kugira ngo turye.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter9.
Baramubaza bati “Urashaka ko tubitunganiriza hehe?”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter10.
Arabasubiza ati “Dore nimumara kugera mu murwa, muraza guhura n’umugabo wikoreye ikibindi cy’amazi, mumukurikire mu nzu ari bwinjiremo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter11.
Nuko mubwire nyir’inzu muti ‘Umwigisha arakubaza ngo: Icumbi riri hehe, aho ari busangirire ibya Pasika n’abigishwa be?’
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter12.
Na we ari bubereke icyumba kinini cyo hejuru giteguye, abe ari ho mubitunganiriza.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter13.
Baragenda babisanga uko yabibabwiye, batunganya ibya Pasika.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter14.
Igihe gisohoye aricara ngo afungure, kandi intumwa na zo zicarana na we.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter15.
Arazibwira ati “Kwifuza nifujije gusangira namwe Pasika iyi, ntarababazwa.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter16.
Ndababwira yuko ntazongera rwose kuyirya, kugeza aho izasohorera mu bwami bw’Imana.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter17.
Yenda igikombe aragishimira, arababwira ati “Mwende iki musangire.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter18.
Ndababwira yuko uhereye none ntazanywa ku mbuto z’imizabibu, ukageza aho ubwami bw’Imana buzazira.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter19.
Yenda umutsima arawushimira, arawumanyagura arawubaha, arababwira ati “Uyu ni umubiri wanjye [ubatangiwe. Mujye mukorera mutya kugira ngo munyibuke.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter20.
N’igikombe akigenza atyo bamaze kurya ati “Iki gikombe ni isezerano rishya ryo mu maraso yanjye ava ku bwanyu.]
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter21.
“Ariko dore ukuboko k’ungambanira kuri kumwe n’ukwanjye ku meza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter22.
Kuko Umwana w’umuntu agenda nk’uko byamugenewe, ariko uwo muntu umugambanira azabona ishyano!”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter23.
Batangira kubazanya muri bo, uwenda kugira atyo uwo ari we.
Abigishwa bajya impaka z’ubukuru (Mat 20.25-28)
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter24.
Maze habyuka impaka muri bo, ngo ni nde muri bo ukwiriye gutekerezwa ko ari we mukuru.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter25.
Arababwira ati “Abami b’amahanga barayategeka, n’abafite ubutware bwo kuyatwara bitwa ba ruhekerababyeyi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter26.
Ariko mwebweho ntimukabe mutyo, ahubwo ukomeye muri mwe abe nk’uworoheje, n’utwara abe nk’uhereza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter27.
Umukuru ni uwuhe? Ni uherezwa cyangwa ni uhereza? Si uherezwa? Ariko jyewe ndi hagati yanyu meze nk’uhereza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter28.
“Ni mwe mwagumanye nanjye, twihanganana mu byo nageragejwe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter29.
Nanjye mbabikiye ubwami nk’uko Data yabumbikiye,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter30.
kugira ngo muzarye munywe mwegereye ameza yanjye mu bwami bwanjye. Kandi muzicara ku ntebe z’icyubahiro, mucire imanza imiryango cumi n’ibiri y’Abisirayeli.”
Yesu avuga ko Petero agiye kumwihakana (Mat 26.33-35; Mar 14.27-31; Yoh 13.36-38)
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter31.
Kandi Umwami Yesu aravuga ati “Simoni, Simoni, dore Satani yabasabye kugira ngo abagosore nk’amasaka,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter32.
ariko weho ndakwingingiye ngo kwizera kwawe kudacogora. Nawe numara guhinduka ukomeze bagenzi bawe.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter33.
Aramubwira ati “Mwami, niteguye kujyana nawe mu nzu y’imbohe ndetse no mu rupfu.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter34.
Aramubwira ati “Petero, ndakubwira yuko uyu munsi inkoko itaza kubika, utaranyihakana gatatu ko utanzi.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter35.
Kandi arababaza ati “Ubwo nabatumaga mudafite impago, cyangwa imvumba cyangwa inkweto, mbese hari icyo mwakennye?” Baramusubiza bati “Nta cyo.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter36.
Arababwira ati “Ariko nonaha ufite uruhago rurimo ifeza arujyane, n’ufite imvumba ni uko. Ariko utabifite agure umwitero we, ngo abone kugura inkota.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter37.
Ndababwira yuko ibi byanditswe bikwiriye kunsohoraho, ngo ‘Yabaranywe n’abagome’, kuko ibyanjye byenda gusohora.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter38.
Baramubwira bati “Mwami, dore inkota ebyiri ngizi.” Arababwira ati “Ziramaze!”
Yesu asengana umubabaro (Mat 26.36-46; Mar 14.32-42)
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter39.
Arasohoka ajya ku musozi wa Elayono nk’uko yamenyerey, abigishwa be baramukurikira.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter40.
Agezeyo arababwira ati “Nimusenge kugira ngo mutajya mu moshya.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter41.
Atandukana na bo umwanya ureshya n’ahaterwa ibuye, arapfukama arasenga ati
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter42.
“Data, nubishaka undenze iki gikombe, ariko bye kuba uko nshaka, ahubwo bibe uko ushaka.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter43.
Marayika uvuye mu ijuru aramubonekera, amwongera imbaraga
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter44.
kuko yari ababaye bikabije, asenga cyane, n’ibyuya bye byari bimeze nk’ibitonyanga by’amaraso bitonyanga hasi.]
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter45.
Amaze gusenga arahaguruka ajya ku bigishwa be, asanga basinjirijwe n’agahinda.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter46.
Arababaza ati “Ikibasinjirije ni iki? Nimubyuke musenge kugira ngo mutajya mu moshya.”
Bafata Yesu (Mat 26.47-56; Mar 14.43-50; Yoh 18.3-11)
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter47.
Akibivuga haza igitero kizanywe n’uwitwa Yuda, umwe muri abo cumi na babiri akigiye imbere. Nuko Yuda uwo yegera Yesu ngo amusome.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter48.
Yesu aramubaza ati “Yuda, uragambanishiriza Umwana w’umuntu kumusoma?”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter49.
Abari kumwe na we babonye ibyenda kubaho baramubaza bati “Databuja, tubakubite inkota?”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter50.
Umwe muri bo ayikubita umugaragu w’Umutambyi mukuru, amuca ugutwi kw’iburyo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter51.
Yesu aravuga ati “Rekera aho.” Amukora ku gutwi aragukiza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter52.
Yesu abwira abatambyi bakuru n’abatware b’abasirikare barinda urusengero, n’abakuru bamuteye ati “Munteye nk’abateye umwambuzi, mufite inkota n’inshyimbo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter53.
Nahoranaga namwe mu rusengero iminsi yose, ko mutarambuye amaboko ngo mumfate? Ariko noneho iki ni igihe cyanyu n’icy’ubutware bw’umwijima.”
Petero yihakana Yesu (Mat 26.69-75; Mar 14.66-72; Yoh 18.25-27)
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter54.
Baramufata baramujyana, bamushyira mu nzu y’Umutambyi mukuru, ariko Petero amukurikira arenga ahinguka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter55.
Nuko bamaze gucana umuriro mu rugo hagati baricara, Petero na we yicara hagati yabo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter56.
Umuja amubonye yicaye ahabona aramwitegereza aravuga ati “N’uyu na we yari kumwe na we.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter57.
Arabihakana ati “Mugore, simuzi.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter58.
Hashize umwanya muto, undi aramubona aramubwira ati “Nawe uri uwo muri bo.” Petero ati “Wa muntu we, si ndi uwabo.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter59.
Hashize umwanya nk’isaha imwe, undi amuhamiriza abikomeje cyane ati “Ni ukuri n’uyu yari kumwe na we, kuko ari Umunyagalilaya.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter60.
Petero ati “Wa muntu we, icyo uvuze sinzi icyo ari cyo.” Akibivuga, muri ako kanya inkoko irabika.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter61.
Umwami Yesu arakebuka yitegereza Petero, nuko Petero yibuka amagambo Umwami yari yamubwiye ati “Uyu munsi inkoko itarabika, uri bunyihakane gatatu.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter62.
Arasohoka ajya hanze ararira cyane.
Bashinyagurira Yesu (Mat 26.57-68; Mar 14.55-65; Yoh 18.19-24)
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter63.
Abagabo bari bafashe Yesu baramushinyagurira, baramukubita,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter64.
bamupfuka mu maso baramubaza bati “Hanura, ni nde ugukubise?”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter65.
Bamubwira n’ibindi byinshi bamutuka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter66.
Nuko iryo joro rikeye abakuru b’ubwo bwoko baraterana, ari bo batambyi bakuru n’abanditsi, bamujyana mu rukiko rwabo bati
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter67.
“Niba uri Kristo, tubwire.” Arababwira ati “Nubwo nababwira ntimwabyemera na hato,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter68.
naho nababaza ntimwansubiza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter69.
Ariko uhereye none, Umwana w’umuntu azaba yicaye iburyo bw’ubushobozi bw’Imana.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter70.
Bose bati “Noneho uri Umwana w’Imana?” Arabasubiza ati “Mwakabimenye ko ndi we.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter71.
Na bo bati “Turacyashakira iki abagabo, ko twumvise ubwacu abyivugiye ubwe?”

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma luka igice cya: