Somera Bibiliya kuri Telefone
Abakaludaya bava i Yerusalemu bajya kurwana na Farawo
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter1.
Sedekiya mwene Yosiya yima ingoma mu kigwi cya Koniya mwene Yehoyakimu, ari we Nebukadinezari umwami w’i Babuloni yimitse mu gihugu cy’u Buyuda.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter2.
Ariko we ubwe n’abagaragu be n’abantu bo mu gihugu, ntibumviye amagambo Uwiteka yavugiye mu kanwa k’umuhanuzi Yeremiya.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter3.
Umwami Sedekiya atuma Yukali mwene Shelemiya, na Zefaniya mwene Māseya w’umutambyi ku muhanuzi Yeremiya ati “Udusabire ku Uwiteka Imana yacu.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter4.
Icyo gihe Yeremiya yajyaga agenda mu bantu agataha iwe, kuko batari bamushyira mu nzu y’imbohe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter5.
Hanyuma ingabo za Farawo zihaguruka muri Egiputa ziteye, nuko Abakaludaya bari bagose i Yerusalemu bumvise izo nkuru, baherako baragandura bava i Yerusalemu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter6.
Maze ijambo ry’Uwiteka riza ku muhanuzi Yeremiya riti
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter7.
“Uku ni ko Uwiteka Imana ya Isirayeli ivuga ngo ‘Uku abe ari ko muzabwira umwami w’u Buyuda wabantumyeho kumbaza muti: Dore ingabo za Farawo zahagurukiye kubatabara, zizasubira muri Egiputa mu gihugu cyazo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter8.
Kandi Abakaludaya bazagaruka batere uyu murwa, bazawutsinda bawutwike.’ ”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter9.
Uku ni ko Uwiteka avuga ati “Ntimwishuke ngo mwizere muti ‘Ni ukuri Abakaludaya bazatuvaho’ kuko batazahera.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter10.
Erega naho mwanesha ingabo z’Abakaludaya zose zibarwanya zikaba inkomere gusa, hanyuma bababyukana umuntu wese akava mu ihema rye, bagatwika uyu murwa!”
Bafata Yeremiya bamushyira mu nzu y’imbohe
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter11.
Ingabo z’Abakaludaya zimaze kuva i Yerusalemu zibitewe no gutinya ingabo za Farawo,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter12.
Yeremiya aherako ava i Yerusalemu agira ngo ajye mu gihugu cya Benyamini, ngo abonereyo umugabane we mu bantu baho.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter13.
Ageze ku irembo rya Benyamini, hari umutware w’abarinzi, witwaga Iriya mwene Shelemiya mwene Hananiya, maze afata umuhanuzi Yeremiya ati “Ugiye kuducikira mu Bakaludaya.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter14.
Yeremiya aramuhakanira ati “Urambeshyera, simbacikira mu Bakaludaya.” Ariko ntiyamwumvira. Nuko Iriya afata Yeremiya, amushyira ibikomangoma.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter15.
Ibikomangoma birakarira Yeremiya biramukubita, bimugira imbohe bimushyira mu nzu ya Yonatani w’umwanditsi, kuko bari bayigize inzu y’imbohe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter16.
Yeremiya yari mu nzu y’imbohe mu tuzu twayo dufunganye, atumaramo iminsi myinshi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter17.
Hanyuma Umwami Sedekiya aratuma ngo bamuzane, maze umwami amubaza biherereye mu nzu ye ati “Mbese hari ijambo rivuye ku Uwiteka?” Yeremiya ati “Ririho.” Arongera ati “Uzashyirwa mu maboko y’umwami w’i Babuloni.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter18.
Yeremiya arongera abaza Umwami Sedekiya ati “Icyo nagucumuyeho ni iki ari wowe cyangwa abagaragu bawe cyangwa ubu bwoko, cyatumye munshyira mu nzu y’imbohe?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter19.
Mbese ye, ba bahanuzi banyu babahanuriraga bari he? Ngo ntabwo umwami w’i Babuloni azabatera, habe no kuzatera iki gihugu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter20.
Noneho ndagusaba ngo wumve, mwami nyagasani, ndakwinginga ngo unyemerere icyo ngusabye, we kunsubiza kwa Yonatani w’umwanditsi ntahagwa.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter21.
Nuko Umwami Sedekiya ategeka ko Yeremiya arindirwa mu rugo rw’inzu y’imbohe, ngo iminsi yose bajye bamuha irobe ry’umutsima rivuye mu nzira y’abavuzi bayo, kugeza ubwo imitsima yose izashira mu murwa. Nuko Yeremiya aguma mu rugo rw’inzu y’imbohe.

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma yeremiya igice cya: