Somera Bibiliya kuri Telefone
Sedekiya ajyanwa i Babuloni ho imbohe(2 Abami 24.18--25.7)
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter1.
Sedekiya yimye amaze imyaka makumyabiri n’umwe avutse, amara imyaka cumi n’umwe akiri ku ngoma i Yerusalemu. Nyina yitwaga Hamutali, yari umukobwa wa Yeremiya w’i Libuna.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter2.
Akorera ibibi imbere y’Uwiteka, nk’uko Yehoyakimu yagenje kose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter3.
Uburakari bw’Uwiteka bwageze i Yerusalemu n’i Buyuda, kugeza ubwo yabirukanye ngo bamuve imbere. Sedekiya agomera umwami w’i Babuloni.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter4.
Nuko mu mwaka wa cyenda wo ku ngoma ye, mu kwezi kwa cumi, ku munsi wa cumi w’uko kwezi, Nebukadinezari umwami w’i Babuloni we n’ingabo ze zose batera i Yerusalemu barahagerereza, bahubaka ibihome impande zose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter5.
Nuko umurwa uragotwa birinda bigeza mu mwaka wa cumi n’umwe w’Umwami Sedekiya.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter6.
Mu kwezi kwa kane ku munsi wa cyenda w’uko kwezi, inzara iba icyago mu murwa, kandi abantu bo mu gihugu bari babuze ibyokurya.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter7.
Maze umurwa ucikamo icyuho, ingabo zose zirahunga ziva mu murwa nijoro, zinyura mu nzira yo mu irembo riri hagati y’inkike zombi riri ku murima w’umwami, zerekera mu Araba, (na bo Abakaludaya bari bagose umudugudu).
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter8.
Maze ingabo z’Abakaludaya zikurikira Umwami Sedekiya zimufatira mu bisiza by’i Yeriko, ingabo za Sedekiya zose ziherako ziramuhāna ziratatana.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter9.
Maze zifata Umwami Sedekiya zimushyira umwami w’i Babuloni i Ribula mu gihugu cy’i Hamati, maze amucira urubanza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter10.
Nuko umwami w’i Babuloni yicira abahungu ba Sedekiya mu maso ye, n’ibikomangoma by’i Buyuda byose abyicira i Ribula.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter11.
Maze anogora Sedekiya mo amaso, amubohesha iminyururu amujyana i Babuloni, amushyira mu nzu y’imbohe arinda agwamo.
Nebukadinezari anyaga ibintu byo mu nzu y’Imana, babijyana i Babuloni(2 Abami 25.8-17)
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter12.
Nuko mu kwezi kwa gatanu, ku munsi wa cumi w’uko kwezi, ari mu mwaka wa cumi n’icyenda wa Nebukadinezari umwami w’i Babuloni, Nebuzaradani umutware w’abarinzi wari igisonga cy’umwami w’i Babuloni, aza i Yerusalemu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter13.
Atwika inzu y’Uwiteka n’ingoro y’umwami n’amazu y’i Yerusalemu yose, n’inzu y’umuntu ukomeye wese, arayitwika yose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter14.
Ingabo zose z’Abakaludaya zari kumwe n’umutware w’abarinzi, zisenya inkike zose zari zikikije i Yerusalemu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter15.
Maze Nebuzaradani umutware w’abarinzi ajyana abinazi bo mu bantu baho ari imbohe, n’abacitse ku icumu bari basigaye mu murwa n’impunzi zacikiye ku mwami w’i Babuloni, n’abandi bantu bari basigaye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter16.
Ariko Nebuzaradani umutware w’abarinzi asiga abinazi bo mu gihugu ngo bakenure inzabibu, babe n’abahinzi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter17.
Maze Abakaludaya bamenagura inkingi z’imiringa zari mu nzu y’Uwiteka, n’ibitereko n’igikarabiro kidendeje cy’umuringa cyo mu nzu y’Uwiteka, bajyana imiringa yabyo yose i Babuloni.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter18.
Bajyana n’ibibindi n’ibyuma byo kuyora ivu, n’ibifashi n’imbehe n’indosho n’ibintu by’imiringa bakoreshaga byose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter19.
N’ibikombe n’ibyotero n’inzabya n’ibyungu, n’ibitereko by’amatabaza n’indosho n’udukombe, ibintu by’izahabu n’iby’ifeza, umutware w’abarinzi arabijyana.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter20.
Inkingi zombi n’igikarabiro kidendeje, n’amapfizi cumi n’abiri y’imiringa yari munsi y’ibitereko, ibyo Umwami Salomo yari yakoreye gushyira mu nzu y’Uwiteka, imiringa yabyo ntiyagiraga akagero.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter21.
Inkingi na zo zari imiheha, uburebure bw’inkingi imwe bwari mikono cumi n’umunani. Umugozi wari uyisanganije wari mikono cumi n’ibiri, n’umubyimba w’umuringa wari ufite intoki enye,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter22.
kandi umutwe wayo wacuzwe mu muringa. Uburebure bw’umutwe wayo bwari mikono itanu hasobekeranijeho ibisa n’urushundura, hariho n’amakomamanga byose byari imiringa, inkingi ya kabiri na yo yariho bene ibyo n’amakomamanga.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter23.
Mu mbavu zayo hari amakomamanga mirongo urwenda n’atandatu, n’amakomamanga yari ahunzwe ku rushundura yari ijana.
Abaturage b’i Buyuda bajyanwa i Babuloni(2 Abami 25.18-21,27-30)
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter24.
Umutware w’abarinzi ajyana Seraya umutambyi mukuru, na Zefaniya umutambyi wa kabiri n’abakumirizi batatu,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter25.
no mu murwa ahakura umutware wategekaga ingabo, n’abantu barindwi bo mu babanaga n’umwami babonetse mu murwa, n’umwanditsi w’umugaba w’ingabo wandikaga abantu bo mu gihugu, n’abantu mirongo itandatu bo mu gihugu babonetse mu murwa.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter26.
Maze Nebuzaradani umutware w’abarinzi arabajyana, abashyira umwami w’i Babuloni i Ribula.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter27.
Umwami w’i Babuloni arabakubita, abicira i Ribula mu gihugu cy’i Hamati. Nuko Abayuda bavanwa mu gihugu cyabo bajyanwa ari imbohe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter28.
Umubare w’abantu Nebukadinezari yajyanye ari imbohe ni uyu: mu mwaka wa karindwi yajyanye Abayuda ibihumbi bitatu na makumyabiri na batatu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter29.
Mu mwaka wa cumi n’umunani wa Nebukadinezari yajyanye imbohe akuye i Yerusalemu, abantu magana inani na mirongo itatu na babiri.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter30.
Mu mwaka wa makumyabiri n’itatu wa Nebukadinezari, Nebuzaradani umutware w’abarinzi yajyanye Abayuda magana arindwi na mirongo ine na batanu ari imbohe, abantu bose hamwe bari ibihumbi bine na magana atandatu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter31.
Mu mwaka wa mirongo itatu n’irindwi Yehoyakini umwami w’u Buyuda ari mu bunyage, mu kwezi kwa cumi n’abiri, ku munsi wa makumyabiri n’itanu wako, Evilimerodaki umwami w’i Babuloni, mu mwaka wa mbere wo ku ngoma ye, asubiza Yehoyakini umwami w’u Buyuda icyubahiro, amuvana mu nzu y’imbohe,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter32.
amubwirana ineza, yubahiriza intebe ye kuyirutisha iz’abandi bami bamubagaho i Babuloni.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter33.
Amukura mu myambaro y’imbohe amwambika imyiza, akajya asangira na we iminsi yose yo kubaho kwe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter34.
Umwami w’i Babuloni yamuhaga ibimutunga, igerero rya buri munsi, iminsi yose yo kubaho kwe arinda atanga.

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma yeremiya igice cya: