Somera Bibiliya kuri Telefone
Zofari na we ahamya Yobu uburyarya
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter1.
Maze Zofari w’Umunāmati arasubiza ati
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter2.
“Mbese amagambo y’amakabya ntakwiriye gusubizwa? Umuntu yatsindishirizwa n’uko ari imvuganyi?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter3.
Cyangwa abantu bakwiriye gucecekeshwa no kwirata kwawe? Igihe usuzugura nta wagukoza isoni?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter4.
Kuko uvuga uti ‘Ibyo nigisha biratunganye, Ndi intungane mu maso yawe.’
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter5.
Ariko icyampa Imana ikavuga, Ikakubumburiraho iminwa yayo,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter6.
Ikakwereka ibihishwe by’ubwenge, Bukoresha uburyo bwinshi. Noneho umenye yuko Imana itaguhannye, Nk’uko ibyaha byawe bikwiriye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter7.
“Mbese wabasha kugenzura Imana ukayimenya? Wabasha kumenya Ishoborabyose ukarangiza?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter8.
Biri hejuru nk’ijuru, wabigira ute? Biri hasi kuruta ikuzimu, wabimenya ute?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter9.
Urugero rwabyo rusumba isi, N’ubugari bwabyo buruta inyanja.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter10.
Iyo ihise igakinga, igatumira abantu kujya mu rubanza, Ni nde wabasha kuyibuza?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter11.
Kuko itayobewe abantu b’ubusa, Ibona n’ibigoryi, Mbese yabyirengagiza?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter12.
Ariko umuntu w’ubusa abura ubwenge, Ni ukuri umuntu avuka nk’inyana y’imparage.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter13.
“Nuboneza umutima wawe ukayitegera amaboko,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter14.
Niba hari ikibi mu kuboko kwawe ugite kure, Kandi we kwemera ko gukiranirwa kuba mu rugo rwawe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter15.
Ni ukuri ni ho uzubura amaso yawe udafite ikizinga, Uzakomera kandi ntabwo uzatinya,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter16.
Kuko uzibagirwa umubabaro wawe, Uzawibuka nk’amazi amaze gutemba.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter17.
Kandi ubugingo bwawe buzarabagirana kurusha amanywa y’ihangu, Naho haba umwijima hazatambika umuseke.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter18.
Kandi uzaba amahoro kuko hariho ibyiringiro, Ni ukuri uzakebuka ibigukikije, wiruhukire mu mahoro.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter19.
Uzaryama he kugira ugutera ubwoba, Ni ukuri benshi bazaguhakwaho.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter20.
Ariko amaso y’abanyabyaha aziheba, Kandi ntibazabona aho guhungira, N’ibyiringiro byabo bizaba guheza umwuka.”

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma yobu igice cya: