Somera Bibiliya kuri Telefone
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter1.
“Umuntu wabyawe n’umugore, Arama igihe gito kandi cyuzuyemo umuruho agakenyuka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter2.
Avuka ameze nk’ururabyo, maze agacibwa, Ahita nk’igicucu kandi ntarame.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter3.
Mbese nawe umuntu umeze atyo warushya umureba, Cyangwa nkanjye wanshyira mu rubanza?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter4.
Ni nde wabasha kuvana igitunganye mu kintu cyanduye? Nta we.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter5.
Ubwo iminsi ye yategetswe, umubare w’amezi ye ugategekwa nawe, Kandi ukamushyiriraho urugabano atabasha kurenga,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter6.
Umukureho amaso abone akaruhuko, Kugeza ubwo azarangiza iminsi ye nk’ukorera ibihembo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter7.
“Erega hariho ibyiringiro yuko igiti iyo gitemwe cyongera gushibuka, Kandi kikajya kigira amashami y’ibitontome.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter8.
Nubwo umuzi wacyo usazira mu butaka, N’igishyitsi cyacyo kigahera mu mukungugu,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter9.
Iyo cyumvise amazi cyongera gushibuka, Kigatoha nk’igiti kikiri gito.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter10.
Ariko umuntu we arapfa akagendanirako, Ni ukuri umwuka w’umuntu urahera. Ubwo akaba ari he?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter11.
“Uko amazi yo mu nyanja yuzuruka, N’umugezi uko ugabanuka ugakama;
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter12.
Ni ko umuntu aryama ubutabyuka, Kugeza ubwo ijuru rizaba ritakiriho, ntabwo bazakanguka cyangwa kubyutswa ngo bave mu bitotsi byabo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter13.
“Icyampa ukampisha ikuzimu, Ukandindira mu rwihisho kugeza ubwo uburakari bwawe buzashira, Ukantegekera igihe kandi ukazanyibuka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter14.
Umuntu napfa azongera abeho? Naba nihanganiye iminsi y’intambara yanjye yose, Ntegereje igihe cyanjye cyo kurekurwa.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter15.
Wampamagara nakwitaba, Washatse kubona umurimo w’amaboko yawe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter16.
Ariko ubu urabara intambwe zanjye, Mbese ntiwitegereza icyaha cyanjye?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter17.
Igicumuro cyanjye gikingiraniwe mu ruhago, N’ibyaha byanjye ubihambiriye hamwe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter18.
Ariko umusozi utenguka uhinduka ubusa, Kandi urutare ruvanwa aho rwari ruri.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter19.
Amazi agimbya amabuye, Isuri itembana umukungugu wo ku isi, Uko ni ko ukuraho ibyo umuntu yizeye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter20.
Umutsinda buheriheri akagendenirako, Uhindura mu maso he ukundi ukamwohēra.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter21.
Abahungu be bagira ikuzo ntabimenye, Bacishwa bugufi ntamenye agakuru kabo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter22.
Ahubwo umubiri we ugira uburibwe, Kandi umutima wo muri we uramugongesha.”

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma yobu igice cya: