Somera Bibiliya kuri Telefone
Elifazi arongera avuga ubwa kabiri
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter1.
Maze Elifazi w’Umutemani arasubiza ati
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter2.
“Mbese umunyabwenge yasubizanya ubwenge bw’ubusa, Akiyuzuzamo umuyaga uturuka iburasirazuba?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter3.
Mbese yagisha impaka n’amagambo adafite impamvu? Cyangwa yakwita ku bigambo kandi nta mumaro?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter4.
Ni ukuri kubaha Imana ubikuyeho, Kandi ubuzanije no kuyisenga.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter5.
Kuko ibicumuro byawe ari byo byigisha akanwa kawe, Nawe wihitiyemo ururimi rw’ubucakura.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter6.
Akanwa kawe ni ko kakurega si jye, Ni ukuri iminwa yawe ni yo iguhamya.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter7.
Mbese ni wowe wabanjirije abandi kuvuka? Cyangwa se wabyawe imisozi itararemwa?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter8.
Wigeze kumva inama zihishwe z’Imana? Mbese wihariye ubwenge?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter9.
Ibyo uzi tutazi ni ibiki? Icyo umenya tudafite ni iki?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter10.
Turimo abameze imvi n’abasaza rukukuri, Baruta so ubukuru.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter11.
Mbese ibihumuriza by’Imana bikubereye bike, ntibiguhaza? N’amagambo y’ubugwaneza wabwiwe na yo ntiyakunyuze?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter12.
Ni iki gituma umutima wawe uguhabya, Amaso yawe agahumbaguza,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter13.
Ukerekeza umutima ho kwinubira Imana, Ukubahuka kuvuga amagambo ameze atyo?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter14.
“Umuntu ni iki kugira ngo yere, N’ubyawe n’umugore ngo abe umukiranutsi?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter15.
Dore abera bayo ntabwo ibiringira, Ndetse n’ijuru ntabwo ritunganye imbere yayo,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter16.
Nkanswe umuntu w’igicamuke wangiritse, Ugotomera ibyaha nk’amazi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter17.
“Ngiye kukuburira unyumvire, Kandi ibyo nabonye ndabikumenyesha,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter18.
(Ibyo abanyabwenge bavuze, Babikuye kuri ba se ntibabihishe,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter19.
Abahawe igihugu bonyine, Ntibanyurwemo n’umunyamahanga.)
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter20.
“Umunyabyaha ahorana umubabaro iminsi ye yose, Akagira imyaka mike igenewe abanyarugomo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter21.
Ijwi ry’ibiteye ubwoba riba mu matwi ye, Naho yaba akiri mu mahoro, Umurimbuzi azamutera.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter22.
Ntiyizera yuko azava mu mwijima, Kandi azi ko inkota ihora imwubikiye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter23.
Asuhuka ajya guhaha ati ‘Amahaho ari he?’ Azi ko ategekewe umunsi w’umwijima.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter24.
Amakuba n’umubabaro bimutera ubwoba, Biramutsinda nk’umwami witeguriye kurwana.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter25.
“Kuko yabanguriye Imana ukuboko kwe, Akagenza nk’umwibone yibasiye Ishoborabyose,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter26.
Akayirohaho ashinze ijosi, Yitwaje ingabo zifite amacondo akomeye,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter27.
Kuko afite umubyibuho mu maso he, Akaba afite ibicece mu rukenyerero rwe,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter28.
Kandi atuye mu midugudu yabaye imisaka, No mu mazu y’imirangara atagira abantu, Agiye guhinduka ibirundo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter29.
Ntazaba umukire n’ubutunzi bwe ntibuzagumaho, N’umwero wabo ntuzagandara ku isi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter30.
Ntabwo azava mu mwijima, Ikirimi cy’umuriro kizababura amashami ye, Kandi azajyanwa n’umwuka wo mu kanwa k’Imana.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter31.
Ye kwiringira iby’ubusa yishuka, Kuko ibitagira umumaro ari byo azagororerwa.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter32.
Bizasohora igihe cye kitaragera, Kandi ishami rye ntirizatoha.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter33.
Azamera nk’umuzabibu waragaritse imbuto zawo zikiri mbisi, Nk’umwelayo wahungutseho uburabyo bwawo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter34.
“Kuko iteraniro ry’abatubaha Imana rizasigaramo ubusa, Kandi umuriro uzatwika amahema y’abahongerwa.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter35.
Basama igomwa bakabyara ubukiranirwe, Kandi umutima wabo ushibukamo uburiganya.”

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma yobu igice cya: