Somera Bibiliya kuri Telefone
Yobu aramusubiza
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter1.
Maze Yobu arasubiza ati
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter2.
“Numvise byinshi nk’ibyo Mwese ko muri abahumuriza baruhanya.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter3.
Mbese amagambo y’ubusa ntabwo azashira? Ikigutera kunsubiza ni iki?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter4.
Nanjye nashobora kuvuga nkamwe, Iyaba ari mwe mwari mumeze nkanjye, Nabashije gukoranya amagambo yo kubanegura, Nkabazunguriza umutwe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter5.
Ahubwo nabakomeresha akanwa kanjye, No guhumuriza k’ururimi rwanjye kwaborohereza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter6.
Nubwo mvuga umubabaro wanjye ntugabanuka, Naho nakwiyumanganya nakoroherwa nte?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter7.
Ariko none irandembeje, Yarimbuye abanjye bose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter8.
Nanjye yankozeho ni byo bimpamya, Kunanuka kwanjye byarampagurukiye bimbera umushinja.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter9.
Yantanyaguje uburakari bwayo indenganya, Yampekenyeye amenyo, Umwanzi wanjye ankanuriye amaso.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter10.
Baranyasamiye, Bankubise ku itama barantuka Bateraniye hamwe ngo bantere.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter11.
Imana yangabije abatayubaha, Injugunya mu maboko y’inkozi z’ibibi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter12.
Nari nguwe neza maze iramvunagura, Ni ukuri yamfashe mu ijosi iramenagura, Kandi ingira intego yayo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter13.
Abarashi bayo barangose, Impinguranije impyiko ntiyababarira, Isesa indurwe yanjye hasi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter14.
Inciye ibyuho yungikanya, Insumiye nk’igihanyaswa.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter15.
“Umubiri wanjye nawudodeyeho ibigunira, Kandi ihembe ryanjye naritabye mu mukungugu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter16.
Mu maso hanjye hakobowe no kurira, Amaso yanjye ararerembura nk’uwenda gupfa,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter17.
Nubwo ari nta rugomo ruri mu maboko yanjye, Kandi gusenga kwanjye kukaba gutunganye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter18.
“Wa si we, we gutwikira amaraso yanjye, Kandi gutaka kwanjye kwe kugira aho guturiza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter19.
N’ubu dore Imbera umuhamya iri mu ijuru, Indengera iri hejuru.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter20.
Incuti zanjye zirankoba, Ariko ijisho ryanjye rirasuka amarira imbere y’Imana,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter21.
Kugira ngo ihagarikire umuntu uyiburanya, N’umwana w’umuntu uburana na mugenzi we.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter22.
Kuko imyaka mike nishira, Nzanyura mu nzira ntazagarukamo ukundi.

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma yobu igice cya: