Somera Bibiliya kuri Telefone
Zofari arongera avuga ubwa kabiri
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter1.
Maze Zofari w’Umunāmati arasubiza ati
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter2.
“Gutekereza kwanjye binteye gusubiza, Mbitewe n’ubwira mfite.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter3.
Numvise gucyahwa kunkojeje isoni, Kandi umutima wanjye ujijutse uranshubije.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter4.
“Mbese ntuzi ibyo bya kera, Uhereye igihe umuntu ashyizwe mu isi,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter5.
Yuko kwishima kw’inkozi z’ibibi kumara igihe gito, No kunezerwa k’utubaha Imana ari ukw’akanya gato gusa?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter6.
Nubwo ubwibone bwe bwagera ku ijuru, Umutwe we ukagera ku bicu,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter7.
Azashira buheriheri nk’umwanda umuvamo. Abamubonaga bazavuga bati ‘Ari he?’
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter8.
Azaguruka abure nk’inzozi kandi ntazongera kuboneka, Ni ukuri azirukanwa nko kurota kwa nijoro.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter9.
Ijisho ryamurebaga ntirizongera kumubona ukundi, N’ahantu he ntihazongera kumureba.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter10.
Abana be bazihakirizwa ku bakene, Kandi amaboko ye azariha ubutunzi yahuguje.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter11.
Amagufwa ye yuzuye imbaraga z’ubusore, Ariko buzaryamana na we mu mukungugu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter12.
“Nubwo ibyaha bimuryohera mu kanwa, Akabihisha munsi y’ururimi rwe,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter13.
Akabikuyakuya ntabireke, Ahubwo akabikomeza mu kanwa ke,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter14.
Ibyokurya bye bizamuhindukira mu nda, Bimuberemo ubusagwe bw’incira.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter15.
Ubutunzi yabumize bunguri kandi azaburuka, Imana izabuhubuza mu nda ye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter16.
Azanyunyuza ubusagwe bw’incira, Azicwa n’ururimi rw’impiri.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter17.
Ntazareba imigezi, Cyangwa utugezi dutembamo ubuki n’amavuta.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter18.
Ibyo yakoreye azabigarura ntazabimira, Ntazanezerwa nk’uko ubutunzi yahuguje bungana.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter19.
Kuko yarenganije abakene akabirengagiza, Yashenye amazu atubatse.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter20.
Mu byo yishimiraga byose nta na kimwe azakiza, Kuko muri we nta mahoro.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter21.
Nta kintu cyasigaye atariye, Ni cyo gituma atazahorana kugubwa neza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter22.
Igihe azaba afite ibimuhagije bisāze azabikenana, Ukuboko k’ukennye wese kuzamugeraho.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter23.
Igihe azaba agiye guhaza inda ye, Imana izamusukaho uburakari bwayo bukaze, Ibumuvunderezeho ariho arya.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter24.
Azahunga intwaro y’icyuma, Kandi umwambi w’umuheto w’umuringa uzamuhinguranya,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter25.
Awishingure usohoke mu mubiri we. Ni ukuri n’icyuma kirabagirana kizasohoka gihinguranije umwijima we, Ibiteye ubwoba bimugezeho.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter26.
Ubutunzi bwe bubikiwe umwijima wose, Umuriro utakijwe n’umuntu uzamukongora, Uzatwika ibisigaye mu rugo rwe byose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter27.
Ijuru rizagaragaza ibyaha bye, Kandi isi izamuhagurukira.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter28.
Inyungu yo mu nzu ye izanyagwa, N’ibintu bye bizatagarana ku munsi w’uburakari bwayo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter29.
“Uwo ni wo mugabane w’inkozi y’ibibi uva ku Mana, N’umwandu yagenewe na yo.”

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma yobu igice cya: