Somera Bibiliya kuri Telefone
Elifazi amuhamya ko icyaha ari cyo cyamuteye ibyago
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter1.
Maze Elifazi w’Umutemani arasubiza ati
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter2.
“Mbese umuntu yabasha kugira icyo amarira Imana? Ni ukuri umunyabwenge agira icyo yimarira ubwe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter3.
Mbese Ishoborabyose inezezwa n’uko uri umukiranutsi? Cyangwa se gutunganya inzira zawe hari icyo biyunguye?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter4.
Icyo iguhanira ikagushyira mu rubanza ni uko uyubaha?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter5.
Ibibi byawe si byinshi? Ndetse ibicumuro byawe ntibigira urugero.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter6.
Kuko wajyanye ingwate z’abo muva inda imwe ku busa, Kandi uwambaye ubusa wamwimye umwambaro.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter7.
Ntiwahaye indushyi amazi yo kunywa, Kandi umushonji wamwimye ibyokurya.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter8.
Ariko ukomeye we yagiraga igihugu, Kandi uwubahwaga ni we wakibagamo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter9.
Abapfakazi wabagenzaga ubusa, N’amaboko y’impfubyi akavunagurwa.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter10.
Ni cyo gituma imitego ikugose, N’ibiteye ubwoba bigutunguye biguhagaritse umutima.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter11.
N’umwijima na wo urakugose ukubuza kubona, Kandi amazi menshi akurenzeho.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter12.
“Mbese Imana ntiri hejuru mu ijuru? Kandi dore umutwe w’inyenyeri uko ziri kure.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter13.
Nawe ukavuga uti ‘Icyo Imana izi ni iki?’ Mbese yabasha guca urubanza inyuze mu mwijima w’icuraburindi?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter14.
Uti ‘Ibicu bya rukokoma biyibereye igitwikirizo, Biyibuza kureba, Kandi iratambagira ku gisenge cy’ijuru.’
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter15.
“Mbese uzakomeza inzira ya kera, Iyo abanyabyaha banyuzemo?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter16.
Bakuweho igihe cyabo kitaragera, Urufatiro rwabo rutemba nk’umugezi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter17.
Bakabwira Imana bati ‘Tuveho.’ Kandi bati ‘Icyo Ishoborabyose yatumarira ni iki?’
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter18.
Nyamara amazu yabo yayujujemo ibintu byiza, Ariko imigambi y’inkozi z’ibibi imba kure.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter19.
Abakiranutsi barabireba bakishima Kandi abatariho urubanza barabaseka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter20.
Bati ‘Ni ukuri abari baduhagurukiye bararimbuwe, Kandi abasigaye babo batsembwe n’umuriro.’
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter21.
“Noneho iyuzuze na yo ubone amahoro, Ubwo ni bwo ibyiza bizakuzaho.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter22.
Ndakwinginze wemere amategeko ava mu kanwa kayo, N’amagambo yayo uyashyire mu mutima wawe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter23.
Nugarukira Ishoborabyose, Ugashyira gukiranirwa kure y’urugo rwawe uzakomera.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter24.
Ute ubutunzi bwawe mu mukungugu, N’izahabu ya Ofiri uyite mu mabuye yo mu masumo,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter25.
Maze Ishoborabyose izakubera umutunzi, N’ifeza y’igiciro cyinshi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter26.
Ni bwo uzishimira Ishoborabyose, Ukerekeza amaso yawe ku Mana.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter27.
Uzayisaba na yo izakumvira, Kandi uzahigura imihigo yawe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter28.
Uzagira icyo ugambirira kikubere uko ushaka, Kandi umucyo uzamurikira inzira zawe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter29.
Nibakugusha uzavuga uti ‘Hariho ikimbyutsa.’ Kandi uwicisha bugufi izamukiza,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter30.
Ndetse izarokora n’uriho urubanza, Ni ukuri azakizwa no kubonera kw’amaboko yawe.”

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma yobu igice cya: