Somera Bibiliya kuri Telefone
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter1.
Maze Yobu akomeza guca imigani ye ati
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter2.
“Ndarahira Imana ihoraho, Ari yo yanyimye ibyari binkwiriye, N’Ishoborabyose yababazaga ubugingo bwanjye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter3.
Ubugingo bwanjye buracyari buzima, Kandi Umwuka w’Imana ni we utuma mpumeka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter4.
Ni ukuri iminwa yanjye ntizavuga ibyo gukiranirwa, N’ururimi rwanjye na rwo ntiruzariganya.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter5.
Ntibikabeho yuko nabemerera ngo muvuze ibitunganye, Kugeza ubwo nzapfa sinzikuraho kuba inyangamugayo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter6.
“Gukiranuka kwanjye ndagukomeje ntabwo nzakurekura, Ntabwo umutima wanjye uzagira icyo unshinja nkiriho.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter7.
“Umwanzi wanjye namere nk’umunyabyaha, N’unyibasiye amere nk’ukiranirwa.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter8.
Noneho utubaha Imana agira byiringiro ki, Iyo Imana imuciye ikamwaka ubugingo bwe?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter9.
Mbese Imana yakumva gutaka kwe, Ibyago nibimutera?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter10.
Cyangwa se yakwishimira Ishoborabyose, Akajya atabaza Imana ibihe byose?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter11.
“Nzabigisha iby’ukuboko kw’Imana, Ntabwo nzabahisha iby’Ishoborabyose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter12.
Dore mwese mwarabyirebeye, None se ni iki gitumye muba ab’ubusa gusa?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter13.
“Uwo ni wo mugabane umunyabyaha abikiwe n’Imana, N’ibizaba ku barenganya bagenewe n’Ishoborabyose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter14.
Abana be nibororoka bazaba abo kugabizwa inkota, Kandi urubyaro rwe ntiruzahazwa n’ibyokurya.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter15.
Abe basigaye bazamirwa n’urupfu, Kandi abapfakazi be ntibazabaririra.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter16.
Nubwo arundanya ifeza nk’umukungugu, Akirundaniriza imyambaro nk’urwondo,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter17.
Abasha kuyirundanya ariko izambarwa n’umukiranutsi, Na ya mafeza azagabanwa n’abatariho urubanza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter18.
Yiyubakira inzu imeze nk’iy’inyenzi, Nk’akararo kubatswe n’umurinzi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter19.
Yiryamira ari umukungu akabyuka ari nta cyo akigira, Arambuye amaso asanga byose byagiye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter20.
Ibiteye ubwoba bimwisukaho nk’isuri, N’umugaru umujyana ari nijoro.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter21.
Umuyaga w’iburasirazuba uramutwara akagendanirako, Uramuhitana akava aho yari ari.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter22.
Ndetse Imana iramusumira ntimubabarire, Nubwo yifuza guhunga amaboko yayo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter23.
Abantu bazamwirukana bamucyamuye, Bamwimyoze ngo ave iwe.

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma yobu igice cya: