Somera Bibiliya kuri Telefone
Yobu yiganyira umubabaro
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter1.
Hanyuma y’ibyo Yobu aterura amagambo avuma umunsi yavutseho.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter2.
Aravuga ati
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter3.
“Umunsi navutseho urimburanwe N’iryo joro havuzwe ngo mama yasamye inda y’umwana w’umuhungu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter4.
Uwo munsi uhinduke umwijima, Imana iri hejuru ye kuwitaho, Kandi we kumurikirwa n’umucyo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter5.
Umwijima n’igicucu cy’urupfu biwigarurire, Igicu kiwubarareho, Igitera ubwirakabiri cyose kiwutere ubwoba.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter6.
Iryo joro umwijima w’icuraburindi urifate, Rye kunezeranwa n’iminsi y’umwaka, Rye kubarirwa mu mubare w’amezi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter7.
Ni ukuri iryo joro ribe ingumba, Rye kumvikanamo ijwi ry’umunezero.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter8.
Abavuma iminsi, bakitegura kubyutsa Lewiyatani, Barivume.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter9.
Inyenyeri zo mu kabwibwi karyo ze kumurika, Ritegereze umucyo, rye kuwubona, Kandi rye kubona gutambika k’umuseke,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter10.
Kuko ritazibye inda ya mama, Ngo rihishe amaso yanjye umubabaro.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter11.
“Ni iki cyatumye ntapfa nkiri mu nda ya mama, Simpeze umwuka nkivuka?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter12.
Ni iki cyatumye mama anshyira ku bibero, akampa ibere?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter13.
Iyaba ari ko byagenze ubu mba ndyamye nkaruhuka, Mba nsinziriye, ni ho mba merewe neza,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter14.
Ndi kumwe n’abami n’abategeka bo mu isi, Biyubakishirije ubuturo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter15.
Cyangwa ndi kumwe n’ibikomangoma bifite izahabu, Byujuje amazu yabo mu ifeza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter16.
Iyaba narabaye nk’inda yavuyemo itazwi simba ndiho, Nk’impinja zitigeze kureba umucyo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter17.
Aho ni ho abanyabyaha bareka kurenganya, Aho ni ho abarushye baruhukira.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter18.
Aho ni ho imbohe zose zibonera amahoro, Ntabwo ziba zikihumvira ijwi ry’urenganya.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter19.
Umuto n’umukuru ni ho bari, Kandi umugaragu ntahategekerwa na shebuja.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter20.
“Ni iki gituma iha umunyamubabaro umucyo, Kandi ufite intimba mu mutima ikamubeshaho?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter21.
Kuko yifuza urupfu ntarubone, Akarucukurira kurusha uko abantu bacukurira izahabu ihishwe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter22.
Iyo abonye igituro, Arishima cyane akanezerwa.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter23.
Mbese umuntu ubura aho ajya, Imana ikamukubira hamwe, Ni iki gituma abona umucyo?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter24.
Kuko kuniha kumbereye ibyokurya, Kandi imiborogo yanjye isukwa nk’amazi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter25.
Icyo natinyaga ni cyo cyangezeho, Kandi icyanteraga ubwoba ni cyo cyanjeho.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter26.
Simfite amahoro, sintuje kandi singuwe neza, Ahubwo ibyago ni byo bintera.”

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma yobu igice cya: