Somera Bibiliya kuri Telefone
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter1.
“Nasezeranye n’amaso yanjye, None se nabasha nte kwifuza umukobwa?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter2.
“Icyo Imana itanga kivuye mu ijuru ni iki? Kandi Ishoborabyose itanga murage ki uva hejuru mu ijuru?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter3.
Mbese kurimbuka si ko kugenerwa umunyabyaha, Ibyago bigategekerwa inkozi z’ibibi?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter4.
Imana ntiyitegereza inzira zanjye, Ikabara intambwe zanjye zose?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter5.
“Niba naragendeye mu binyoma, Ikirenge cyanjye kikihutira kuriganya,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter6.
Henga mpimirwe ku minzani ireshya, Kugira ngo Imana imenye gutungana kwanjye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter7.
Niba intambwe zanjye zarateshutse inzira, Umutima wanjye ukayobezwa n’ibyo amaso yanjye areba, Kandi niba inenge yarometse ku biganza byanjye,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter8.
Ndakabiba hasarure undi, Ni ukuri imyaka yo mu murima wanjye irakarandurwa.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter9.
“Niba umutima wanjye warashutswe n’umugore, Nkubikirira ku muryango w’umuturanyi wanjye,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter10.
Umugore wanjye aragasera undi, Kandi ashakwe n’abandi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter11.
Kuko icyo cyaba ari ikibi gikabije Ni ukuri ni ikizira cyo guhanwa n’abacamanza,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter12.
Kuko cyamera nk’umuriro ukongora ukageza ku kurimbuka, Kandi cyarandura ibyo nungutse byose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter13.
“Niba narahinyuye urubanza rw’umugaragu wanjye, Cyangwa urw’umuja wanjye igihe bamburanyaga,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter14.
None se ubwo Imana ihagurutse nabigenza nte? Mbese yangenderera nayibwira iki?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter15.
Cyo ye, iyandemye mu nda ya mama si yo yamuremye? Iyaturemye mu nda za ba mama si imwe?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter16.
“Hari ubwo nimye abakene ibyo bifuza, Cyangwa se ngahebya amaso y’umupfakazi,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter17.
Cyangwa nkiharira ibyokurya byanjye, Impfubyi ntibiboneho?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter18.
Ahubwo uhereye mu busore bwanjye, Yankuriye iruhande ndi nka se, N’umupfakazi namuhagarikiye nkiva mu nda ya mama.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter19.
“Niba hari uwo nabonye wishwe no kubura umwambaro, Cyangwa indushyi ibuze icyo kwiyorosa,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter20.
Niba urukenyerero rwe rutampaye umugisha, Kandi ntasusurutswe n’ubwoya bw’intama zanjye,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter21.
Niba narabanguriye impfubyi ukuboko, Kuko mfite umfasha ku irembo,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter22.
Noneho urutugu rwanjye ruragatandukana n’umubiri, N’ukuboko kwanjye kuvunike gutane n’igufwa.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter23.
Kuko ibyago biva ku Mana byanteraga ubwoba, Simbone uko mbasha kwihanganira gukomera kwayo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter24.
“Niba naragize izahabu ho ibyiringiro byanjye, Nkabwira izahabu nziza nti ‘Ni wowe nishingikirijeho’,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter25.
Niba narishimishijwe n’uko ubutunzi bwanjye ari bwinshi, Ukuboko kwanjye kukaronka byinshi,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter26.
Niba naritegereje izuba igihe riva, Cyangwa ukwezi kugenda kurabagirana nkabiramya,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter27.
Kandi umutima wanjye ugashukashukwa rwihishwa, N’ikiganza cyanjye nkakinyweraho isubyo,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter28.
Ibyo na byo byambera ibibi biragahanwa n’abacamanza, Kuko ari uguhemukira Imana iri hejuru.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter29.
“Hari ubwo nishimiye kurimbuka k’unyanga, Cyangwa nkishyirishwa hejuru n’uko ibyago bimugezeho?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter30.
Ahubwo sinakundiye akanwa kanjye gucumura, Ngo mwifurize gupfa muvumye?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter31.
Hari ubwo ab’iwanjye batahamije bati ‘Hari umuntu wabona n’umwe wavuga yuko adahagira mu rugo rwe’?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter32.
Nta mushyitsi naraje hanze Ahubwo umugenzi wese naramwugururiraga.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter33.
Hari ubwo natwikiriye ibicumuro byanjye nka Adamu, Ngahisha ibyaha byanjye mu gituza,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter34.
Mbitewe no gutinya iteraniro rinini, Ngaterwa ubwoba no kugawa n’indi miryango, Bituma nceceka sinsohoke?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter35.
“Iyaba hari unyumvise! Dore ngiki icyitegererezo cyanjye, Ishoborabyose ninsubize, Nanjye mbone ibirego byanditswe n’umwanzi wanjye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter36.
Ni koko nabiheka ku rutugu, Nabyitamirizaho nk’ikamba.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter37.
Namumenyesha umubare w’intambwe zanjye, Nkamwegera nk’igikomangoma.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter38.
“Niba imisozi yanjye ihururiye kundega, N’amayogi yo muri yo akaririra hamwe,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter39.
Niba narariye umwero wayo nta feza ntanze, Cyangwa niba naratumye bene yo baheba ubugingo bwabo,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter40.
Noneho ibisura birakamera ah’ingano, N’urukungu rumere aha sayiri.” Iyo ni yo ndunduro y’amagambo ya Yobu.

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma yobu igice cya: