Somera Bibiliya kuri Telefone
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter1.
“Nuko rero Yobu, ndakwinginze wumve ibyo mvuga, Kandi utegere amatwi amagambo yanjye yose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter2.
Dore ubu mbumbuye umunwa wanjye, Ururimi rwanjye ruvugiye mu kanwa kanjye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter3.
Amagambo yanjye agaragaze gutungana k’umutima wanjye, Kandi ibyo nzi ururimi rwanjye rurabivuga ntafite uburyarya.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter4.
Mwuka w’Imana ni we wandemye, Kandi guhumeka kw’Ishoborabyose ni ko kwambeshejeho.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter5.
“Nubishobora unsubize, Amagambo yawe uyatunganirize imbere yanjye, Uhagarare ushikamye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter6.
Dore mpwanye nawe imbere y’Imana, Nanjye nabumbwe mu gitaka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter7.
Umva igitinyiro cyanjye ntikizagutinyisha, Kandi ukuboko kwanjye ntikuzakuremerera.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter8.
“Ni ukuri wavuze numva, Kandi numvise amagambo y’ijwi ryawe uti
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter9.
‘Ndaboneye nta gicumuro mfite, Nta rubanza rundiho kandi nta kibi kindimo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter10.
Ariko rero Inshakaho impamvu, Indebaho nk’umwanzi wayo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter11.
Ibirenge byanjye ibishyira mu mbago, Yitegereza inzira zanjye zose.’
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter12.
“Reka ngusubize, muri ibyo ntukiranutse, Kuko Imana isumba abantu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter13.
Ni iki gituma uyigisha impaka, Kuko itagomba gusobanura ibyayo?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter14.
Imana ivuga rimwe, Ndetse kabiri nubwo umuntu atabyitaho.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter15.
Mu nzozi mu iyerekwa rya nijoro, Igihe abantu bashyizweyo, Basinziriye ku mariri yabo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter16.
Ni ho yumvisha amatwi y’abantu, Igashyira ikimenyetso ku byo ibigisha,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter17.
Kugira ngo igamburuze umuntu mu migambi ye, Ngo imaremo umuntu ubwibone bwe buhishwe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter18.
Ubugingo bwe iburinda rwa rwobo, No kubaho kwe ikakurinda kurimburwa n’inkota.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter19.
Maze kandi ahanwa n’umubabaro ari ku buriri bwe, Ahora aribwa mu magufwa ntahweme,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter20.
Bigatuma ubugingo bwe buhurwa ibyokurya, N’umutima we ukanga ibiryoshye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter21.
Umubiri we urananuka ntube ukigaragara, N’amagufwa ye atagaragaraga akānama.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter22.
Ni ukuri ubugingo bwe bwegera ikuzimu, No kubaho kwe kwerekeye ku barimbuzi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter23.
“Niba abonekerwa na marayika w’umurengezi, Ni inyamibwa imwe mu gihumbi, Wamenyesha umuntu inzira akwiriye kunyuramo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter24.
Ni ho Imana yamubabarira iti ‘Murokore kugira ngo atamanuka akajya muri rwa rwobo, Nabonye Umucunguzi.’
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter25.
Umubiri we uzagwa itoto birushe uw’umwana, Asubire mu busore bwe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter26.
Asaba Imana na yo ikamugirira ibambe, Bituma ayireba mu maso anezerewe, Kandi igarurira umuntu gukiranuka kwe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter27.
Aririmbira imbere y’abantu ati ‘Naracumuye nkagoreka ibyari bigororotse, Ariko nta cyo byamariye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter28.
Nyamara yancunguriye ubugingo ngo butajya muri rwa rwobo, Kandi kubaho kwanjye kuzareba umucyo.’
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter29.
“Dore ibyo byose bikorwa n’Imana, Igenza ityo umuntu kabiri ndetse gatatu,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter30.
Kugira ngo igarure ubugingo bwe ngo butajya ikuzimu, Abone kumurikirwa n’umucyo w’abazima.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter31.
“Huguka cyane Yobu we, untegere amatwi, Uceceke nanjye mvuge.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter32.
Niba ufite icyo kuvuga unsubize, Vuga kuko nifuza kugutsindishiriza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter33.
Niba ari nta cyo untegere amatwi, Ceceka nanjye nkwigishe ubwenge.”

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma yobu igice cya: