   | 1. | “Mbese uzi igihe amasha yo mu bitare abyarira? Cyangwa wabasha kugaragaza igihe imparakazi ziramukwa? |
   | 2. | Washobora kumenya amezi zimara zihaka? Cyangwa se uzi igihe zibyarira? |
   | 3. | Zirahēra zikabyara abana bazo, Kwerera kwazo kugashira. |
   | 4. | Abana bazo barakomera bagakurira mu gasozi, Bagacuka bakigendera ntibazigarukeho. |
   | 5. | “Ni nde washumuye imparage? Ni nde wazizituye, |
   | 6. | Izo nahaye ubutayu ngo zibubemo, N’igihugu cy’ubukuna nkaziha ho ubuturo bwazo? |
   | 7. | Zanga urusaku rwo mu mudugudu, Kandi ntabwo zumva urwamu rw’uziyoboye. |
   | 8. | Zizerera mu misozi aho zirisha, Zikahuka zikajya gushaka intohera z’ubwatsi. |
   | 9. | “Mbese imbogo yakwemera kugukorera? Cyangwa yaguma mu kiraro cyawe? |
   | 10. | Wabasha kuyizirikisha umugozi ngo uyihingishe? Cyangwa yasanza mu bikombe igukurikiye? |
   | 11. | Wayiringira kuko imbaraga zayo ari nyinshi? Cyangwa wayiharira umurimo wawe? |
   | 12. | Wakwiringira yuko yasarura imyaka yawe, Ikayirunda ku mbuga yawe? |
   | 13. | “Amababa y’imbuni iyakungutana ubwibone, Ariko se amababa yayo n’amoya yayo si ubwiza gusa? |
   | 14. | Kuko amagi yayo iyatera ku butaka, Agashyuhira mu mukungugu, |
   | 15. | Ikibagirwa yuko ikirenge cyabasha kuyahwata, Cyangwa yuko inyamaswa yabasha kuyakandagira. |
   | 16. | Igirira ibyana byayo nabi nk’ibitari ibyayo, Nubwo imirimo yayo ari ubusa, Ntibiyitera ubwoba, |
   | 17. | Kuko Imana yayimye ubwenge, Kandi ntiyihe kujijuka. |
   | 18. | Iyo igurutse, Isuzugura ifarashi n’uyigenderaho. |
   | 19. | “Mbese ni wowe wahaye ifarashi imbaraga? Cyangwa ni wowe wayiteye umugāra uhungabana ku ijosi ryayo? |
   | 20. | Ni wowe wayihaye gusimbuka nk’inzige? Ubwiza bwo kwivuga kwayo butera ubwoba, |
   | 21. | Ikaraha mu gikombe ikishimira imbaraga zayo, Ikajya gusanganira ingabo. |
   | 22. | Isuzugura ubwoba nta cyo itinya, Ndetse ntabwo ihindukira ngo ihunge inkota. |
   | 23. | Ikirimba kijegerera hejuru yayo, Umuheto n’icumu rirabagirana, n’agacumu. |
   | 24. | Uburakari bwayo bukaze butuma iyogoza isi, Kandi iyo yumvise ijwi ry’impanda ntirituma ihagarara. |
   | 25. | Iyo yumvise impanda hose irivuga, Kandi ikarehera intambara ikiri kure, Guhinda kw’abagaba n’urusaku. |
   | 26. | “Mbese agaca kagurukishwa n’ubwenge bwawe, Iyo karamburiye amababa yako aherekeye ikusi? |
   | 27. | Igisiga gitumbagira ku itegeko ryawe, Rikaba ari ryo rituma cyarika hejuru? |
   | 28. | Kiba mu bitare kikarikaho, No mu bihanamanga mu masenga yabyo. |
   | 29. | Gihigisha ijisho ryacyo rishaka icyo gifata, Amaso yacyo akabibona biri kure. |
   | 30. | N’ibyana byacyo binyunyuza amaraso, Kandi aho intumbi ziri ni ho kijya.” |