Somera Bibiliya kuri Telefone
Yobu asubiza Elifazi abasaba ko bamenya umubabaro we
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter1.
Yobu aherako arasubiza ati
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter2.
“Ayii, iyaba umubabaro wanjye washobora kugerwa, N’ibyago byose bigashyirwa ku bipimo!
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter3.
Kuko byarusha umusenyi wo mu nyanja kuremera, Ni cyo cyatumye nihutira kuvuga.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter4.
Erega imyambi y’Isumbabyose yarampinguranije, Ubugingo bwanjye bukanywa ubumara bwayo, Ibiteye ubwoba by’Imana bingererejeho.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter5.
Mbese imparage yivuga irisha? Cyangwa inka yabira iri mu rwuri?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter6.
Mbese ikidafite uburyohe cyaribwa badashyizemo umunyu? Cyangwa mu murenda w’igi harimo uburyohe?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter7.
Umutima wanjye wanga kubikoraho, Bimbera nk’ibyokurya bitera ishozi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter8.
“Icyampa nkabona icyo nsaba, Imana ikampa icyo nifuza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter9.
Ni ukugira ngo yemere kumpondagura, Ikareka ukuboko kwayo kukampuhura.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter10.
Ubwo mba ngifite ikimpumuriza, Ndetse mba nishimiye imibabaro idatuza, Kuko ntahakanye amagambo y’Uwera.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter11.
Gukomera kwanjye ni iki, kugira ngo ntegereze? N’iherezo ryanjye ni iki, kugira ngo nihangane?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter12.
Mbese gukomera kwanjye ni nk’ukw’amabuye? Cyangwa umubiri wanjye ni umuringa?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter13.
Ntimuzi ko jyewe muri jye hatarimo ikintabara, Kandi agakiza kambereye kure?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter14.
Urembye akareka kubaha Isumbabyose, Akwiriye kubabarirwa n’incuti ye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter15.
Abo tuva inda imwe barariganije, Bameze nko mu isuri y’inkamīra itemba igashira.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter16.
Aho barafu yirabuza, Ishelegi ikihisha,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter17.
Iyo hasusurutse birashira, Ubushyuhe bwaza bigashonga.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter18.
Itara ry’abagenzi ryanyuraga muri iyo nzira rirateshuka, Bazamukira mu butayu bakahagwa.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter19.
Amatara y’ab’i Tema yarindiriye, Amatara y’ab’i Sheba yarabategerezaga.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter20.
Bakojejwe isoni n’uko biringiye, Barahageze bariheba.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter21.
Noneho nta cyo mumaze. Mubonye ibiteye ubwoba muratinya.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter22.
Mbese nigeze kuvuga nti ‘Nimugire icyo mumpa’? Cyangwa nti ‘Nimungirire ubuntu mu byo mutunze’?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter23.
Cyangwa nti ‘Mundokore mumvane mu maboko y’umwanzi’? Cyangwa nti ‘Nimunkize mumvane mu maboko y’abarenganya’?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter24.
“Nimunyigishe nicecekere, Mumenyeshe ibyo nafuditse.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter25.
Amagambo y’ukuri agira ingingo zikomeye, Ariko impaka zanyu zirampana iki?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter26.
Mbese murashaka guhinyura amagambo, Ubwo ibyo uwihebye avuze bimeze nk’umuyaga?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter27.
Ni ukuri mwafindira impfubyi, N’incuti yanyu mwayigura.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter28.
Noneho ndabinginze nimunyitegereze, Ni ukuri sinavugira ibinyoma imbere yanyu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter29.
Nimuhindukire ndabinginze mwe gukiranirwa, Ni ukuri nimuhindukire, urubanza rwanjye ni urw’ukuri.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter30.
Mbese ururimi rwanjye ruriho gukiranirwa? Akanwa kanjye ntikazi gutandukanya iby’igomwa?

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma yobu igice cya: