Somera Bibiliya kuri Telefone
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter1.
Iyi ndirimbo ni Zaburi ya Dawidi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter2.
Mana, umutima wanjye urakomeye, Ndaririmba, ni koko ndaririmbisha ishimwe ubwiza bwanjye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter3.
Nebelu n’inanga nimukanguke, Nanjye ubwanjye nzakanguka mbere y’umuseke.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter4.
Uwiteka, nzagushimira mu moko, Nzakuririmbira ishimwe mu mahanga.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter5.
Kuko imbabazi zawe ari ndende zisumba ijuru, Umurava wawe ugera mu bicu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter6.
Mana, wishyire hejuru y’ijuru, Icyubahiro cyawe kibe hejuru y’isi yose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter7.
Ukirishe ukuboko kwawe kw’iburyo unsubize, Kugira ngo abo ukunda bakizwe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter8.
Imana yarahiye kwera kwayo iti “Nzishima, Nzagabanya Shekemu, Kandi nzagabanisha urugero igikombe cy’i Sukoti.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter9.
Galeyadi ni ahanjye, Umuryango wa Manase ni uwanjye, Uwa Efurayimu ni wo ukingira umutwe wanjye, Uwa Yuda ni wo nkoni yanjye y’ubwami.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter10.
Abamowabu ni bo gikarabiro cyanjye, Abedomu nzabakubita inkweto mu mutwe, Abafilisitiya nzabishima hejuru mvuza impundu.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter11.
Ni nde uzanyinjiza mu mudugudu ufite igihome gikomeye? Ni nde uzangeza muri Edomu?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter12.
Si wowe Mana wadutaye, uzangezayo? Si wowe Mana utajyanaga n’ingabo zacu, uzangezayo?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter13.
Udutabare umubisha, Kuko gutabara kw’abantu kutagira umumaro.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter14.
Imana izadukoresha iby’ubutwari, Kuko ari yo izaribata ababisha bacu.

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma zaburi igice cya: