Somera Bibiliya kuri Telefone
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter1.
Zaburi iyi yahimbiwe umutware w’abaririmbyi. Ni iya Dawidi. Mana njya mpimbaza ntuceceke,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter2.
Kuko banyasamiye akanwa k’umunyabyaha, Akanwa k’uburiganya, Bambwirishije ururimi rw’ibinyoma.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter3.
Bangotesheje amagambo y’urwango, Bandwanije nta mpamvu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter4.
Urukundo rwanjye barwituye kuba abanzi bandwanya, Ariko jyeweho nitangira gusenga.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter5.
Ku neza nabagiriye banyituye inabi, Ku rukundo banyituye urwango.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter6.
Umutwarishe umunyabyaha, Umurezi ahagarare iburyo bwe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter7.
Nacirwa urubanza asohoke rumutsinze, Gusenga kwe guhwanywe n’icyaha.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter8.
Iminsi yo kubaho kwe ibe mike, Ubutware bwe busubiremo undi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter9.
Abana be babe impfubyi, Umugore we abe umupfakazi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter10.
Abana be babe inzererezi basabirize, Bashakire ibyokurya kure y’umusaka wabo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter11.
Umwishyuza atege ikigoyi ibyo afite byose, Abanyamahanga banyage ibyo yaruhiye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter12.
Ntihazagire ukomeza kumugirira neza, Ntihazagire ubabarira impfubyi ze.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter13.
Urubyaro rwe ruzarimburwe, Mu gihe cy’abuzukuru be izina ryabo rizasibanganywe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter14.
Gukiranirwa kwa ba sekuruza kwibukwe n’Uwiteka, Ibyaha bya nyina bye gusibanganywa.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter15.
Bibe imbere y’Uwiteka ubudasiba, Kugira ngo arimbure kwibukwa kwabo agukure mu isi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter16.
Kuko wa wundi atibukaga kubabarira, Ahubwo yagenzaga umunyamubabaro n’umukene, N’ufite umutima umenetse ngo abice.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter17.
Yakundaga kuvuma, kuvuma kwe kumugeraho, Kandi ntiyishimiraga kwifuriza abantu umugisha, Umugisha ukamuba kure.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter18.
Kandi yambaraga kuvuma nk’umwenda we, Kwinjira mu nda ye nk’amazi, Kwinjira mu magufwa ye nk’amavuta.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter19.
Kumuhindukire nk’umwenda yambara, N’umushumi ajya akenyeza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter20.
Ibyo abe ari byo bihembo by’abanzi banjye bituruka ku Uwiteka, N’iby’abavuga nabi ubugingo bwanjye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter21.
Ariko Uwiteka Mwami, Ku bw’izina ryawe unkorere ibyiza, Unkirize kuko imbabazi zawe ari nziza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter22.
Kuko ndi umunyamubabaro n’umukene, Kandi umutima wanjye ukomerekeye muri jye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter23.
Ngiye nk’igicucu kirehutse, Ntūmūwe nk’uruzige.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter24.
Amavi yanjye aciwe urutebwe no kutarya, Umubiri wanjye unanuwe no kubura ibinure.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter25.
Kandi mpindukiye ba bandi igitutsi, Uko bambonye bazunguza imitwe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter26.
Uwiteka Mana yanjye, untabare, Unkize nk’uko imbabazi zawe ziri,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter27.
Kugira ngo bamenye yuko ibyo ari ukuboko kwawe, Ko ari wowe Uwiteka wabikoze.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter28.
Bavume ariko wowe ho umpe umugisha, Nibahagaruka bazakorwa n’isoni, Ariko umugaragu wawe nzishima.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter29.
Abanzi banjye bambikwe igisuzugiriro, Bambare isoni zabo nk’umwitero.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter30.
Ndashimisha Uwiteka cyane akanwa kanjye, Nzamushimira mu iteraniro.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter31.
Kuko azahagararira iburyo bw’umukene, Kumukiza abacira ho iteka ubugingo bwe.

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma zaburi igice cya: