Somera Bibiliya kuri Telefone
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter1.
Ntabe ari twe Uwiteka, ntabe ari twe, Ahubwo izina ryawe abe ari ryo uha icyubahiro, Ku bw’imbabazi zawe n’umurava wawe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter2.
Kuki abanyamahanga babaza bati “Imana yabo iri he?”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter3.
Ariko Imana yacu iri mu ijuru, Yakoze ibyo yashatse byose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter4.
Ibishushanyo ba bandi basenga ni ifeza n’izahabu, Umurimo w’intoki z’abantu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter5.
Bifite akanwa ntibivuga, Bifite amaso ntibirora,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter6.
Bifite amatwi ntibyumva, Bifite amazuru ntibinukirwa,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter7.
Bifite intoki ntibikorakora, Bifite ibirenge ntibigenda, Kandi ntibivugisha imihogo yabyo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter8.
Ababirema bazahwana na byo, N’ubyiringira wese.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter9.
Wa bwoko bw’Abisirayeli we, wiringire Uwiteka, Ni we mutabazi wabo n’ingabo ibakingira.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter10.
Wa nzu y’aba Aroni we, mwiringire Uwiteka, Ni we mutabazi wabo n’ingabo ibakingira.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter11.
Mwa bubaha Uwiteka mwe, mwiringire Uwiteka, Ni we mutabazi wabo n’ingabo ibakingira.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter12.
Uwiteka aratwibutse azaduha umugisha, Azaha umugisha inzu y’Abisirayeli, Azaha umugisha inzu y’aba Aroni.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter13.
Azaha umugisha abubaha Uwiteka, Aboroheje n’abakomeye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter14.
Uwiteka abagwize, Abagwizanye n’abana banyu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter15.
Muhawe umugisha n’Uwiteka, Waremye ijuru n’isi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter16.
Ijuru ni iry’Uwiteka, Ariko isi yayihaye abantu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter17.
Abapfuye ntibashima Uwiteka, Cyangwa abamanuka bajya ahacecekerwa.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter18.
Ariko twebweho tuzajya duhimbaza Uwiteka. Uhereye none ukageza iteka ryose. Haleluya.

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma zaburi igice cya: