Somera Bibiliya kuri Telefone
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter1.
Nimushimire Uwiteka yuko ari mwiza, 106.1; 107.1; 136.1; Yer 33.11 Kuko imbabazi ze zihoraho iteka ryose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter2.
Abisirayeli bavuge bati “Imbabazi ze zihoraho iteka ryose.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter3.
Inzu y’aba Aroni ivuge iti “Imbabazi ze zihoraho iteka ryose.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter4.
Abubaha Uwiteka bavuge bati “Imbabazi ze zihoraho iteka ryose.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter5.
Ubwo nari mu mubabaro nambaje Uwiteka, Uwiteka aranyitaba anshyira ahantu hagari.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter6.
Uwiteka ari mu ruhande rwanjye sinzatinya, Umuntu yabasha kuntwara iki?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter7.
Uwiteka ari mu ruhande rwanjye arantabara, Ni cyo gituma nzabona icyo nshakira abanzi banjye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter8.
Guhungira ku Uwiteka kugira umumaro, Kuruta kwiringira abantu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter9.
Guhungira ku Uwiteka kugira umumaro, Kuruta kwiringira abakomeye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter10.
Amahanga yose yarangose, Mu izina ry’Uwiteka ndayarimbura.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter11.
Yarangose ni koko yarangose, Mu izina ry’Uwiteka ndayarimbura.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter12.
Bangose nk’inzuki, Bazima nk’umuriro w’amahwa, Mu izina ry’Uwiteka ndayarimbuye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter13.
Wansunikiye cyane kungusha, Maze Uwiteka arantabara.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter14.
Uwiteka ni we mbaraga zanjye n’indirimbo yanjye, Kandi yahindutse agakiza kanjye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter15.
Ijwi ry’impundu bavugiriza agakiza riri mu mahema y’abakiranutsi, Ukuboko kw’iburyo k’Uwiteka gukora iby’ubutwari.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter16.
Ukuboko kw’iburyo k’Uwiteka gushyizwe hejuru, Ukuboko kw’iburyo k’Uwiteka gukora iby’ubutwari.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter17.
Sinzapfa ahubwo nzarama, Ntekerereze abantu imirimo Uwiteka yakoze.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter18.
Uwiteka yampannye igihano cyane, Ariko ntiyampaye urupfu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter19.
Munyuguririre amarembo yo gukiranuka, Ndinjiramo nshima Uwiteka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter20.
Iryo ni ryo rembo ry’Uwiteka, Abakiranutsi ni bo bazaricamo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter21.
Ndagushimira kuko wanshubije, Ukampindukira agakiza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter22.
Ibuye abubatsi banze, Ni ryo ryahindutse irikomeza impfuruka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter23.
Ibyo byavuye ku Uwiteka, Kandi ni ibitangaza mu maso yacu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter24.
Uyu ni wo munsi Uwiteka yaremye,Turawishimiramo turawunezererwamo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter25.
Uwiteka, turakwinginze udukize, Uwiteka, turakwinginze uduhe kugubwa neza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter26.
Hahirwa uje mu izina ry’Uwiteka, Tubasabiriye umugisha mu nzu y’Uwiteka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter27.
Uwiteka ni Imana y’imbaraga ituvushirije umucyo, Muboheshe igitambo imigozi, Mukijyane ku mahembe y’igicaniro.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter28.
Ni wowe Mana yanjye y’imbaraga nzagushima, Ni wowe Mana yanjye nzagusingiza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter29.
Nimushimire Uwiteka yuko ari mwiza, Kuko imbabazi ze zihoraho iteka ryose.

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma zaburi igice cya: