Somera Bibiliya kuri Telefone
ALEFU
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter1.
Hahirwa abagenda batunganye, Bakagendera mu mategeko y’Uwiteka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter2.
Hahirwa abitondera ibyo yahamije, Bakamushakisha umutima wose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter3.
Ni koko nta cy’ubugoryi bakora, Bagendera mu nzira ze.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter4.
Wategekeye amategeko wigishije, Kugira ngo bayitondere n’umwete.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter5.
Icyampa inzira zanjye zigakomerera, Kwitondera amategeko wandikishije.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter6.
Ubwo nzita ku byo wategetse byose, Ni bwo ntazakorwa n’isoni.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter7.
Nzagushimisha umutima utunganye, Nimara kwiga amateka yawe yo gukiranuka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter8.
Nzajya nitondera amategeko wandikishije, Ntundeke rwose.
BETI
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter9.
Umusore azeza inzira ye ate? Azayejesha kuyitondera nk’uko ijambo ryawe ritegeka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter10.
Nagushakishije umutima wose, Ntukunde ko nyoba ngo ndeke ibyo wategetse.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter11.
Nabikiye ijambo ryawe mu mutima wanjye, Kugira ngo ntagucumuraho.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter12.
Uwiteka, uri uwo guhimbazwa, Ujye unyigisha amategeko wandikishije.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter13.
Iminwa yanjye yatekerereje abantu, Amateka y’akanwa kawe yose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter14.
Njya nishimira inzira y’ibyo wahamije, Ngo nyihwanye n’ubutunzi bwose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter15.
Nzibwira amategeko wigishije, Kandi nzita ku nzira zawe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter16.
Nzishimira amategeko wandikishije, Sinzibagirwa ijambo ryawe.
GIMELU
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter17.
Ugirire neza umugaragu wawe, Kugira ngo mbeho nitondere ijambo ryawe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter18.
Hwejesha amaso yanjye, Kugira ngo ndebe ibitangaza byo mu mategeko yawe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter19.
Ndi umusuhuke mu isi, Ntumpishe ibyo wategetse.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter20.
Umutima wanjye ushenguwe no kwifuza, Ujya wifuza amateka yawe ibihe byose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter21.
Uhana abībone ari bo bivume, Byiyobagiza ibyo wategetse.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter22.
Unkureho umugayo n’igisuzuguriro,Kuko njya nitondera ibyo wahamije.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter23.
N’abakomeye bicaraga bamvuga nabi, Ariko umugaragu wawe nkibwira amategeko wandikishije.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter24.
Kandi nishimira ibyo wahamije, Ni byo bingīra inama.
DALETI
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter25.
Umutima wanjye womatanye n’umukungugu, Unzure nk’uko ijambo ryawe ryasezeranije.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter26.
Nagutekerereje inzira zanjye uransubiza, Ujye unyigisha amategeko wandikishije.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter27.
Umenyeshe inzira y’amategeko wigishije, Kugira ngo nibwire imirimo itangaza wakoze.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter28.
Umutima wanjye urijijwe n’agahinda, Nkomeza nk’uko ijambo ryawe ryasezeranije.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter29.
Unkureho inzira y’ibinyoma, Umpere amategeko yawe ubuntu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter30.
Nahisemo inzira y’umurava, Nashyize amateka yawe imbere yanjye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter31.
Nomatanye n’ibyo wahamije, Uwiteka, ntunkoze isoni.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter32.
Nzagenda niruka mu nzira y’ibyo wategetse, Ubwo uzagūra umutima wanjye.
HE
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter33.
Uwiteka, ujye unyigisha inzira y’amategeko wandikishije: Kugira ngo nyitondere kugeza ku mperuka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter34.
Umpe ubwenge, kugira ngo nitondere amategeko yawe; Nyitondereshe umutima wose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter35.
Uncishe mu nzira y’ibyo wategetse, Kuko ari byo nishimira.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter36.
Uhindurire umutima wanjye ku byo wahamije, Ariko si ku ndamu mbi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter37.
Ukebukishe amaso yanjye ye kureba ibitagira umumaro, Unzurire mu nzira zawe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter38.
Ukomereze umugaragu wawe ijambo ryawe, Ryasezeranijwe abakubaha.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter39.
Unkureho umugayo ntinya, Kuko amateka yawe ari meza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter40.
Dore njya nifuza amategeko wigishije, Unzure ku bwo gukiranuka kwawe.
VAWU
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter41.
Uwiteka, imbabazi zawe zingereho, Ni zo gakiza kawe nk’uko ijambo ryawe ryasezeranije.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter42.
Ni ho nzabona icyo mbwira untutse, Kuko niringira ijambo ryawe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter43.
Kandi ntukure rwose ijambo ry’ukuri mu kanwa kanjye, Kuko njya niringira kubona amateka yawe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter44.
Ni ho nzajya nitondera amategeko yawe, Ubudasiba iteka ryose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter45.
Kandi nzagendana umudendezo, Kuko njya ndondora amategeko wigishije.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter46.
Nzavugira imbere y’abami ibyo wahamije, Ne gukorwa n’isoni.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter47.
Kandi nzishimira ibyo wategetse, Ndabikunda.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter48.
Kandi nzamanikira amaboko ibyo wategetse, ndabikunda, Kandi nzibwira amategeko wandikishije.
ZAYINI
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter49.
Wibuke ijambo wasezeranije umugaragu wawe, Kuko wanyiringije.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter50.
Iki ni cyo kimara umubabaro mu makuba yanjye no mu byago byanjye, Ni uko ijambo ryawe ryanzuye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter51.
Abibone bajya bankoba cyane, Ariko sinteshuke ngo mve mu mategeko yawe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter52.
Uwiteka, njya nibuka amateka yawe ya kera, Nkīmara umubabaro.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter53.
Uburakari bwotsa buramfashe, Ntewe n’abanyabyaha bareka amategeko yawe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter54.
Amategeko wandikishije abereye indirimbo zanjye, Mu nzu y’ubusuhuke bwanjye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter55.
Uwiteka, njya nibuka izina ryawe nijoro, Nkitondera amategeko yawe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter56.
Iki ni cyo nahawe: Ni ukwitondera amategeko wigishije.
HETI
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter57.
Uwiteka ni we mugabane wanjye, Navuze yuko nzitondera amagambo yawe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter58.
Njya ngushakisha umutima wose kundebana urukundo, Umbabarire, nk’uko ijambo ryawe ryasezeranije.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter59.
Njya ntekereza inzira zanjye, Ngahindurira ibirenge byanjye ku byo wahamije.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter60.
Ngatebuka sintinde, Kwitondera ibyo wategetse.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter61.
Ikigoyi cy’abanyabyaha kirambohaboshye, Ariko sinibagirwa amategeko yawe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter62.
Mu gicuku nzakanguka ngushimire, Amateka yawe yo gukiranuka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter63.
Mbana n’abakubaha bose, N’abitondera amategeko wigishije.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter64.
Uwiteka, isi yuzuye imbabazi zawe, Ujye unyigisha amategeko wandikishije.
TETI
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter65.
Uwiteka, wagiriye neza umugaragu wawe, Nk’uko ijambo ryawe ryasezeranije.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter66.
Ujye unyigisha guhitamo neza no kumenya ubwenge, Kuko nizera amategeko yawe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter67.
Ntarababazwa narayobaga, Ariko none nitondera ijambo ryawe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter68.
Uri mwiza kandi ugira neza, Ujye unyigisha amategeko wandikishije.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter69.
Abibone bajya bandemera ibinyoma, Ariko jyeweho nzitonderesha amategeko yawe umutima wanjye wose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter70.
Imitima yabo ihonjotse nk’ibinure, Ariko jyeweho nishimira amategeko yawe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter71.
Kubabazwa kwangiriye umumaro, Kugira ngo nige amategeko wandikishije.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter72.
Amategeko yo mu kanwa kawe ni ay’igiciro kuri jye, Kiruta icy’ibice ibihumbi by’ifeza n’izahabu.
YODI
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter73.
Intoki zawe ni zo zandemye, ni zo zambumbye,Umpe ubwenge kugira ngo nige ibyo wategetse.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter74.
Abakūbaha bazandeba bishime, Kuko niringira ijambo ryawe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter75.
Uwiteka, nzi yuko amateka yawe ari ayo gukiranuka, Kandi yuko umurava ari wo waguteye kuncisha bugufi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter76.
Ndakwinginze, imbabazi zawe zimare umubabaro, Nk’uko ijambo ryawe riri wasezeranije umugaragu wawe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter77.
Ibambe ryawe ringereho kugira ngo mbeho, Kuko amategeko yawe ari yo munezero wanjye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter78.
Abībone bakorwe n’isoni, Kuko bandenganishije ibinyoma, Ariko jyeweho nzajya nibwira amategeko yawe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter79.
Abakūbaha bampindukirire, Kugira ngo bamenye ibyo wahamije.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter80.
Umutima wanjye utungane mu mategeko wandikishije, Kugira ngo ne gukorwa n’isoni.
KAFU
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter81.
Umutima wanjye ugushwa isari no kwifuza agakiza kawe, Ariko niringira ijambo ryawe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter82.
Amaso yanjye amarwa no kwifuza ijambo ryawe, Nkivuga nti “Uzamara umubabaro ryari?”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter83.
Kuko mpindutse nk’imvumba y’uruhu iba ku mwotsi, Ariko sinibagirwe amategeko wandikishije.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter84.
Iminsi y’ubugingo bw’umugaragu wawe ni ingahe? Uzasohoza ryari iteka ku bangenza?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter85.
Abibone badakurikiza amategeko yawe, Bandimiye amashya.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter86.
Ibyo wategetse byose ni umurava, Bangenjesha ibinyoma, ntabara.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter87.
Bashigaje hato bakandimbura mu isi, Ariko sinareka amategeko wigishije.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter88.
Unzure nk’uko imbabazi zawe ziri, Kugira ngo nitondere ibyo akanwa kawe kahamije.
LAMEDI
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter89.
Uwiteka, iteka ryose, Ijambo ryawe rihora mu ijuru rihamye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter90.
Umurava wawe uhoraho ibihe byose, Wakomeje isi igumaho.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter91.
Amategeko yawe ni yo atuma byose bibaho uyu munsi, Kuko byose bigukorera.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter92.
Iyaba amategeko yawe atari yo munezero wanjye, Cya gihe mba nararimbuwe n’umubabaro wanjye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter93.
Ntabwo nzibagirwa amategeko wigishije, Kuko ari yo wanzurishije.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter94.
Ndi uwawe nkiza, Kuko ndondora amategeko wigishije.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter95.
Abanyabyaha bajya bantegerereza kundimbura, Ariko nzita ku byo wahamije.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter96.
Narebye yuko ibitunganye rwose byose bifite aho bigarukira, Ariko amategeko yawe ni magari cyane.
MEMU
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter97.
Amategeko yawe nyakunda ubu bugeni, Ni yo nibwira umunsi ukīra.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter98.
Ibyo wategetse bituma ndusha abanzi banjye ubwenge, Kuko bihorana nanjye iteka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter99.
Mfite ubwenge buruta ubw’abigisha banjye bose, Kuko ibyo wahamije ari ibyo nibwira.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter100.
Ndajijuka nkarusha abasaza, Kuko njya nitondera amategeko wigishije.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter101.
Njya ndinda ibirenge byanjye inzira mbi zose, Kugira ngo nitondere ijambo ryawe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter102.
Simva mu mateka yawe, Kuko ari wowe wanyigishije.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter103.
Amagambo yawe aryohereye ubu bugeni mu nkanka zanjye, Arusha ubuki kuryohera mu kanwa kanjye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter104.
Amategeko wigishije ampesha guhitamo, Ni cyo gituma nanga inzira z’ibinyoma zose.
NUNI
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter105.
Ijambo ryawe ni itabaza ry’ibirenge byanjye, Ni umucyo umurikira inzira yanjye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter106.
Nararahiye ndabikomeza, Yuko nzitondera amateka yawe yo gukiranuka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter107.
Ndababazwa cyane, Uwiteka, unzure nk’uko ijambo ryawe ryasezeranije.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter108.
Uwiteka ndakwinginze, Wemere amaturo y’akanwa kanjye ava mu rukundo, Kandi ujye unyigisha amateka yawe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter109.
Ubugingo bwanjye buri mu kaga iteka, Ariko sinibagirwa amategeko yawe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter110.
Abanyabyaha bajya bantega ikigoyi, Ariko sinyobe amategeko wigishije.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter111.
Ibyo wahamije nabyendeye kuba umwandu wanjye iteka, Kuko ari byo byishimo by’umutima wanjye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter112.
Nshyize umutima wanjye ku gusohoza amategeko yawe, Iteka ryose kugeza ku mperuka.
SAMEKI
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter113.
Nanga ab’imitima ibiri, Ariko amategeko yawe ndayakunda.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter114.
Ni wowe bwihisho bwanjye n’ingabo inkingira, Niringira ijambo ryawe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter115.
Mwa nkozi z’ibibi mwe, nimuve aho ndi, Kugira ngo nitondere ibyo Imana yanjye yategetse.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter116.
Umbere ubwishingikirizo nk’uko ijambo ryawe ryasezeranije, Kugira ngo mbeho ne kuzakozwa isoni n’ibyiringiro byanjye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter117.
Undamire nzaba mu mahoro, Njye nitondera amategeko wandikishije.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter118.
Wasuzuguye abiyobagiza bose amategeko wandikishije, Kuko uburiganya bwabo ari ibinyoma.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter119.
Ukuraho abanyabyaha bo mu isi bose nk’inkamba, Ni cyo gituma nkunda ibyo wahamije.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter120.
Umubiri wanjye uhindishwa umushyitsi no kugutinya, Kandi ntinya amateka yawe.
AYINI
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter121.
Njya nkora ibihūra n’amateka n’ibyo gukiranuka, Ntundekere abampata.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter122.
Wigwatirize yuko uzagirira neza umugaragu wawe, Abībone be kumpata.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter123.
Amaso yanjye amarwa no kwifuza agakiza kawe, N’ijambo ryawe ryo gukiranuka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter124.
Ujye ugirira umugaragu wawe ibihwanye n’imbabazi zawe, Kandi unyigishe amategeko wandikishije.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter125.
Ndi umugaragu wawe umpe ubwenge, Kugira ngo menye ibyo wahamije.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter126.
Igihe gikwiriye cyo gukora k’Uwiteka kirasohoye, Kuko bahinduye ubusa amategeko yawe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter127.
Ni cyo gituma nkunda ibyo wategetse, Nkabirutisha izahabu naho yaba izahabu nziza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter128.
Ni cyo gituma nibwira yuko amategeko wigishije yose atunganye, Kandi nanga inzira z’ibinyoma zose.
PE
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter129.
Ibyo wahamije ni ibitangaza, Ni cyo gituma umutima wanjye ubyitondera.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter130.
Guhishurirwa amagambo yawe kuzana umucyo, Guha abaswa ubwenge.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter131.
Nasama akanwa nkahagira, Kuko nifuza amategeko yawe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter132.
Unkebuke umbabarire, Nk’uko umenyereye kubabarira abakunda izina ryawe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter133.
Ujye utunganya intambwe zanjye mu ijambo ryawe, Gukiranirwa kose kwe kuntegeka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter134.
Uncungure ne guhatwa n’abantu, Kugira ngo nitondere amategeko wigishije.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter135.
Umurikishirize umugaragu wawe mu maso hawe, Unyigishe amategeko wandikishije.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter136.
Amaso yanjye atembyemo imigezi y’amazi, Kuko batitondera amategeko yawe.
TSADE
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter137.
Uwiteka, uri umukiranutsi, Amateka yawe aratunganye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter138.
Ibyo wahamije wabitegekesheje gukiranuka, N’umurava nyakuri.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter139.
Ishyaka ryanjye rirandimbuye, Kuko abanzi banjye bibagiwe amagambo yawe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter140.
Ijambo ryawe ryaravugutiwe cyane, Ni cyo gituma umugaragu wawe ndikunda.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter141.
Ndoroheje baransuzugura, Ariko sinibagirwa amategeko wigishije.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter142.
Gukiranuka kwawe ni ugukiranuka kw’iteka ryose, Amategeko yawe ni ukuri.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter143.
Agahinda n’umubabaro biranteye, Ariko, ibyo wategetse ni byo munezero wanjye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter144.
Ibyo wahamije ni ibyo gukiranuka iteka ryose, Umpe ubwenge kugira ngo mbeho.
KOFU
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter145.
Ntakishije umutima wose, Uwiteka nsubiza, Nzitondera amategeko wandikishije.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter146.
Ndagutakiye nkiza, Kugira ngo nitondere ibyo wahamije.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter147.
Njya nzinduka umuseke utaratambika ngataka, Amagambo yawe ni yo niringira.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter148.
Amaso yanjye abanziriza ibicuku, Kugira ngo nibwire ijambo ryawe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter149.
Umva ijwi ryanjye nk’uko imbabazi zawe ziri, Uwiteka, unzure nk’uko iteka ryawe riri.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter150.
Abangenjesha igomwa baregereye, Bishyize kure y’amategeko yawe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter151.
Uwiteka, uri bugufi, Ibyo wategetse byose ni ukuri.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter152.
Uhereye kera namenyeshejwe n’ibyo wahamije, Yuko wabikomeje iteka ryose.
RESHI
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter153.
Ita ku mubabaro wanjye unkize, Kuko ntibagirwa amategeko yawe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter154.
Umburanire uncungure, Unzure nk’uko ijambo ryawe ryasezeranije.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter155.
Agakiza kari kure y’abanyabyaha, Kuko batarondora amategeko wandikishije.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter156.
Uwiteka, imbabazi zawe zirakomeye, Unzure nk’uko amateka yawe ari.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter157.
Abangenza n’abanzi banjye ni benshi, Ariko sinteshuka ngo mve mu byo wahamije.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter158.
Nabonye abava mu isezerano ndabīnuba, Kuko batitondera ijambo ryawe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter159.
Ita ku rukundo nkunda amategeko wigishije, Uwiteka, unzure nk’uko imbabazi zawe ziri.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter160.
Indunduro y’ijambo ryawe ryose ni ukuri, Amateka yawe yo gukiranuka ahoraho iteka ryose hadasigaye na rimwe.
SHINI
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter161.
Abakomeye bajya bangenzereza ubusa, Ariko amagambo yawe ni yo ahindisha umushyitsi umutima wanjye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter162.
Nishimira ijambo ryawe, Nk’ubonye iminyago myinshi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter163.
Nanga ibinyoma, mbyanga urunuka, Ariko amategeko yawe ndayakunda.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter164.
Uko bukeye ngushimira karindwi, Amateka yawe yo gukiranuka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter165.
Abakunda amategeko yawe bagira amahoro menshi, Nta kigusha bafite.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter166.
Uwiteka, njya niringira agakiza kawe, Kandi ngakora ibyo wategetse.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter167.
Umutima wanjye ujya witondera ibyo wahamije, Kandi mbikunda rwose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter168.
Njya nitondera amategeko wigishije n’ibyo wahamije, Kuko inzira zawe zose ziri imbere yawe.
TAWU
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter169.
Uwiteka, gutaka kwanjye kukwegere, Umpe ubwenge nk’uko ijambo ryawe ryasezeranije.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter170.
Kwinginga kwanjye kujye imbere yawe, Unkize nk’uko ijambo ryawe ryasezeranije.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter171.
Iminwa yanjye ivuge ishimwe, Kuko unyigisha amategeko wandikishije.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter172.
Ururimi rwanjye ruririmbe ijambo ryawe, Kuko ibyo wategetse byose ari ibyo gukiranuka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter173.
Ukuboko kwawe kube kwiteguye kuntabara, Kuko nahisemo amategeko wigishije.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter174.
Uwiteka, njya nifuza agakiza kawe, Kandi amategeko yawe ni yo munezero wanjye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter175.
Umutima wanjye ubeho kugira ngo ugushime, Amateka yawe antabare.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter176.
Nayobye nk’intama izimiye, Shaka umugaragu wawe, Kuko ntibagirwa amategeko yawe.

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma zaburi igice cya: