Somera Bibiliya kuri Telefone
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter1.
Zaburi ya Dawidi. Uwiteka ndagutakiye, tebuka uze aho ndi, Utegere ugutwi ijwi ryanjye ningutakira.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter2.
Gusenga kwanjye gushyirwe imbere yawe nk’umubavu, No kumanika amaboko yanjye kube nk’igitambo cya nimugoroba.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter3.
Uwiteka, shyira umurinzi imbere y’akanwa kanjye, Rinda umuryango w’iminwa yanjye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter4.
Ntuhindurire umutima wanjye mu kibi cyose, Ngo njye nkorana imirimo yo gukiranirwa n’inkozi z’ibibi, Ne gusangira na zo ibyokurya byazo by’ingenzi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter5.
Umukiranutsi ankubite biraba kungirira neza, Ampane biraba nk’amavuta asīga ku mutwe wanjye. Umutwe wanjye we kubyanga, Ariko gusenga kwanjye gukomeze kurwanya ibyaha bya ba bandi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter6.
Ubwo abacamanza babo bazatembagazwa mu manga, Abantu bazumvira amagambo yanjye kuko aryoshye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter7.
Nk’uko umuntu ahinga agaca impavu, Ni ko amagufwa yacu asandariye ku munwa w’ikuzimu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter8.
Uwiteka Mwami, ni wowe mpanga amaso, Ni wowe niringira ntusuke ubugingo bwanjye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter9.
Undinde umutego banteze, N’ibico by’inkozi z’ibibi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter10.
Abanyabyaha abe ari bo bafatwa n’ibigoyi byabo, Ariko jyeweho mbitambuke.

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma zaburi igice cya: