Somera Bibiliya kuri Telefone
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter1.
Zaburi iyi y’ishimwe ni iya Dawidi. Mana yanjye, Mwami wanjye ndagushyira hejuru, Nzahimbaza izina ryawe iteka ryose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter2.
Nzajya nguhimbaza uko bukeye, Nzashima izina ryawe iteka ryose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter3.
Uwiteka arakomeye ni uwo gushimwa cyane, Gukomera kwe ntikurondoreka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter4.
Ab’igihe bazashimira ab’ikindi gihe imirimo yawe, Bababwire iby’imbaraga wakoze.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter5.
Nzavuga ubwiza bw’icyubahiro cyo gukomera kwawe, N’imirimo itangaza wakoze.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter6.
Abantu bazavuga imbaraga z’imirimo yawe iteye ubwoba, Nanjye nzavuga gukomera kwawe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter7.
Bazībukiriza kugira neza kwawe kwinshi, Baririmbe gukiranuka kwawe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter8.
Uwiteka ni umunyambabazi n’umunyebambe, Atinda kurakara afite kugira neza kwinshi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter9.
Uwiteka agirira neza bose, Imbabazi ze ziri ku byo yaremye byose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter10.
Uwiteka, ibyo waremye byose bizagushima, Abakunzi bawe bazaguhimbaza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter11.
Bazavuga icyubahiro cy’ubwami bwawe, Bamamaze imbaraga zawe,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter12.
Kugira ngo bamenyeshe abantu iby’imbaraga yakoze, N’icyubahiro cy’ubwiza cy’ubwami bwe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter13.
Ubwami bwawe ni ubw’iteka ryose, Ubutware bwawe buzahoraho ibihe byose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter14.
Uwiteka aramira abagwa bose, Yemesha abahetamye bose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter15.
Amaso y’ibintu byose aragutegereza, Nawe ukabigaburira ibyokurya byabyo igihe cyabyo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter16.
Upfumbatura igipfunsi cyawe, Ugahaza kwifuza kw’ibibaho byose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter17.
Uwiteka akiranuka mu nzira ze zose, Ni umunyarukundo mu mirimo ye yose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter18.
Uwiteka aba hafi y’abamutakira bose, Abamutakira mu by’ukuri bose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter19.
Azasohoza ibyo abamwubaha bashaka, Kandi azumva gutaka kwabo abakize.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter20.
Uwiteka arinda abamukunda bose, Ariko abanyabyaha bose azabarimbura.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter21.
Akanwa kanjye kazavuga ishimwe ry’Uwiteka, Abafite umubiri bose bajye bahimbaza izina rye ryera iteka ryose.

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma zaburi igice cya: