Somera Bibiliya kuri Telefone
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter1.
Gusenga kwa Dawidi. Uwiteka, umva iby’ukuri byanjye, Tyariza ugutwi gutaka kwanjye, Tegera ugutwi gusenga kwanjye, Kudaturuka mu minwa iryarya.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter2.
Urubanza rwanjye ruturuke imbere yawe, Amaso yawe arebe ibitunganye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter3.
Wagerageje umutima wanjye, wangendereye nijoro. Warantase ntiwambonana umugambi mubi, Namaramaje kudacumuza ururimi rwanjye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter4.
Ku by’imirimo y’abantu, kwitondera ijambo ry’iminwa yawe, Ni ko kumpa kwirinda inzira z’abanyarugomo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter5.
Intambwe zanjye zikomerera mu nzira zawe, Ibirenge byanjye ntibinyerera.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter6.
Mana, ndakwambaje kuko uri bunsubize, Ntegera ugutwi wumve ibyo mvuga.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter7.
Erekana imbabazi zawe zitangaza, Wowe ukiza abakwiringira, Ababahagurukira ubakirishe ukuboko kwawe kw’iburyo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter8.
Undinde nk’imboni y’ijisho, Umpishe mu gicucu cy’amababa yawe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter9.
Umpishe abanyabyaha banyaga, Ni bo banzi banjye bashaka kunyica bangose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter10.
Bakinze imitima yabo, Akanwa kabo bakavugisha iby’ubwibone.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter11.
None bagose intambwe zacu, Baduhangiye amaso kudutsinda hasi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter12.
Ahwanye n’intare ifite ipfa ry’icyo yafata, Nk’umugunzu w’intare wubikirira mu bico.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter13.
Uwiteka haguruka, Umuhagarare imbere umutsinde hasi. Ukize umutima wanjye umunyabyaha, uwukirishe inkota yawe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter14.
Uwiteka uwukize abantu, uwukirishe ukuboko kwawe. Ni bo bantu b’isi, Bafite umugabane wabo muri ubu bugingo. Inda zabo uzihaze ubutunzi bwawe, Bahāge abana b’abahungu, Ibintu byabo bisigare babisigire impinja zabo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter15.
Jyeweho nzareba mu maso hawe nkiranuka, Mu ikanguka ryanjye nzahaga ishusho yawe.

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma zaburi igice cya: