Somera Bibiliya kuri Telefone
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter1.
Zaburi iyi yahimbiwe umutware w’abaririmbyi. Ni iya Dawidi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter2.
Ijuru rivuga icyubahiro cy’Imana, Isanzure ryerekana imirimo y’intoki zayo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter3.
Amanywa abwira andi manywa ibyayo, Ijoro ribimenyesha irindi joro.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter4.
Nta magambo cyangwa ururimi biriho, Nta wumva ijwi ryabyo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter5.
Umugozi ugera wabyo wakwiriye isi yose, Amagambo yabyo yageze ku mpera y’isi. Muri ibyo yabambiye izuba ihema,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter6.
Rimeze nk’umukwe usohoka mu nzu ye, Ryishima nk’umunyambaraga rinyura mu nzira yaryo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter7.
Riva ku mpera y’ijuru, Rikagera ku yindi mpera yaryo, Nta kintu gihishwa icyokere cyaryo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter8.
Amategeko y’Uwiteka atungana rwose asubiza intege mu bugingo, Ibyo Uwiteka yahamije ni ibyo kwizerwa biha umuswa ubwenge,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter9.
Amategeko Uwiteka yigishije araboneye anezeza umutima, Ibyo Uwiteka yategetse ntibyanduye bihwejesha amaso.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter10.
Kubaha Uwiteka ni kwiza guhoraho iteka ryose, Amateka y’Uwiteka ni ay’ukuri, Ni ayo gukiranuka rwose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter11.
Bikwiriye kwifuzwa kuruta izahabu, Naho yaba izahabu nziza nyinshi, Biryoherera kuruta ubuki n’umushongi w’ibinyagu utonyanga.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter12.
Kandi ni byo bihana umugaragu wawe, Kubyitondera harimo ingororano ikomeye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter13.
Ni nde ubasha kwitegereza kujijwa kwe? Ntumbareho ibyaha byanyihishe,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter14.
Kandi ujye urinda umugaragu wawe gukora ibyaha by’ibyitumano, Bye kuntwara uko ni ko nzatungana rwose, Urubanza rw’igicumuro gikomeye ntiruzantsinda.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter15.
Amagambo yo mu kanwa kanjye, N’ibyo umutima wanjye wibwira bishimwe mu maso yawe, Uwiteka gitare cyanjye, mucunguzi wanjye.

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma zaburi igice cya: