Somera Bibiliya kuri Telefone
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter1.
Zaburi ya Dawidi. Uwiteka ni wowe ncururira umutima,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter2.
Mana yanjye ni wowe niringiye, Ne gukorwa n’isoni, Abanzi banjye be kunyishima hejuru.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter3.
Si ko bizaba, Mu bagutegereza nta wuzakorwa n’isoni. Abava mu isezerano ari nta mpamvu, Ni bo bazakorwa n’isoni.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter4.
Uwiteka nyereka inzira zawe, Unyigishe imigenzereze yawe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter5.
Unyobore ku bw’umurava wawe unyigishe, Kuko ari wowe Mana y’agakiza kanjye, Ni wowe ntegereza umunsi ukira.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter6.
Uwiteka, ibuka imbabazi zawe no kugira neza kwawe, Kuko byahozeho kera kose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter7.
Ntiwibuke ibyaha byo mu busore bwanjye cyangwa ibicumuro byanjye, Nk’uko imbabazi zawe ziri abe ari ko unyibuka, Ku bwo kugira neza kwawe Uwiteka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter8.
Uwiteka ni mwiza aratunganye, Ni cyo gituma azigisha abanyabyaha inzira.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter9.
Abicisha bugufi azabayobora mu byo gukiranuka, Abicisha bugufi azabigisha inzira ye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter10.
Inzira zose z’Uwiteka ni imbabazi n’umurava, Ku bitondera isezerano rye n’ibyo yahamije.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter11.
Uwiteka ku bw’izina ryawe, Mbabarira gukiranirwa kwanjye kurakomeye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter12.
Ni nde wubaha Uwiteka? Azamwigisha inzira akwiriye guhitamo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter13.
Umutima we uzaba mu mahoro, Urubyaro rwe ruzaragwa isi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter14.
Ibihishwe by’Uwiteka bihishurirwe abamwubaha, Azabereke isezerano rye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter15.
Amaso yanjye ahora yerekeye ku Uwiteka, Kuko azakura ibirenge byanjye mu kigoyi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter16.
Unkebuke umbabarire, Kuko ntagira shinge na rugero nkababara.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter17.
Imibabaro y’umutima wanjye uyoroshye, Nuko unkure mu makuba yanjye no mu byago byanjye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter18.
Reba umubabaro wanjye n’imiruho, Unkureho ibyaha byanjye byose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter19.
Reba abanzi banjye ni benshi, Kandi banyanga urwango rw’inkazi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter20.
Rinda umutima wanjye unkize, Ne gukorwa n’isoni kuko nguhungiyeho.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter21.
Gukiranuka no gutungana binkize, Kuko ngutegereza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter22.
Mana cungura Abisirayeli, Ubakure mu makuba yabo yose no mu byago byabo byose.

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma zaburi igice cya: