Somera Bibiliya kuri Telefone
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter1.
Mwa bakiranutsi mwe, Mwishimire Uwiteka, Gushima gukwiriye abatunganye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter2.
Mushimishe Uwiteka inanga, Mumuririmbirire ishimwe kuri nebelu y’imirya cumi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter3.
Mumuririmbire indirimbo nshya, Mucurangishe inanga ubwenge, Muyivugishe ijwi rirenga.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter4.
Kuko ijambo ry’Uwiteka ritunganye, Imirimo ye yose ayikorana umurava.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter5.
Akunda gukiranuka n’imanza zitabera, Isi yuzuye imbabazi z’Uwiteka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter6.
Ijambo ry’Uwiteka ni ryo ryaremye ijuru, Umwuka wo mu kanwa ke ni wo waremye ingabo zo muri ryo zose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter7.
Ateranya amazi yo mu nyanja nk’ikirundo, Ashyingura imuhengeri mu bubiko.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter8.
Isi yose yubahe Uwiteka, Abari mu isi bose bamutinye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter9.
Kuko yavuze bikaba, Yategetse bigakomera.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter10.
Uwiteka ahindura ubusa imigambi y’amahanga, Akuraho ibyo amoko yibwira.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter11.
Imigambi y’Uwiteka ikomera iteka ryose, Ibyo yibwira mu mutima we bihoraho ibihe byose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter12.
Hahirwa ishyanga rifite Uwiteka ho Imana yaryo, Ubwoko yitoranirije kuba umwandu we.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter13.
Uwiteka arebera mu ijuru, Areba abana b’abantu bose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter14.
Ari mu buturo bwe, Areba ababa mu isi bose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter15.
Ni we ubumba imitima yabo bose, Akitegereza imirimo yabo yose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter16.
Nta mwami ukizwa n’uko ingabo ze ari nyinshi, Intwari ntikizwa n’imbaraga zayo nyinshi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter17.
Ifarashi nta mumaro igira wo gukiza, Ntizakirisha umuntu imbaraga zayo nyinshi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter18.
Dore ijisho ry’Uwiteka riri ku bamwubaha, Riri ku bategereza imbabazi ze,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter19.
Ngo akize ubugingo bwabo urupfu, Abarinde mu nzara badapfa.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter20.
Imitima yacu itegereza Uwiteka, Ni we mutabazi wacu n’ingabo idukingira.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter21.
Imitima yacu izamwishimira, Kuko twiringiye izina rye ryera.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter22.
Uwiteka, imbabazi zawe zibe kuri twe Nk’uko tugutegereza.

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma zaburi igice cya: