   | 1. | Mwa bakiranutsi mwe, Mwishimire Uwiteka, Gushima gukwiriye abatunganye. |
   | 2. | Mushimishe Uwiteka inanga, Mumuririmbirire ishimwe kuri nebelu y’imirya cumi. |
   | 3. | Mumuririmbire indirimbo nshya, Mucurangishe inanga ubwenge, Muyivugishe ijwi rirenga. |
   | 4. | Kuko ijambo ry’Uwiteka ritunganye, Imirimo ye yose ayikorana umurava. |
   | 5. | Akunda gukiranuka n’imanza zitabera, Isi yuzuye imbabazi z’Uwiteka. |
   | 6. | Ijambo ry’Uwiteka ni ryo ryaremye ijuru, Umwuka wo mu kanwa ke ni wo waremye ingabo zo muri ryo zose. |
   | 7. | Ateranya amazi yo mu nyanja nk’ikirundo, Ashyingura imuhengeri mu bubiko. |
   | 8. | Isi yose yubahe Uwiteka, Abari mu isi bose bamutinye. |
   | 9. | Kuko yavuze bikaba, Yategetse bigakomera. |
   | 10. | Uwiteka ahindura ubusa imigambi y’amahanga, Akuraho ibyo amoko yibwira. |
   | 11. | Imigambi y’Uwiteka ikomera iteka ryose, Ibyo yibwira mu mutima we bihoraho ibihe byose. |
   | 12. | Hahirwa ishyanga rifite Uwiteka ho Imana yaryo, Ubwoko yitoranirije kuba umwandu we. |
   | 13. | Uwiteka arebera mu ijuru, Areba abana b’abantu bose. |
   | 14. | Ari mu buturo bwe, Areba ababa mu isi bose. |
   | 15. | Ni we ubumba imitima yabo bose, Akitegereza imirimo yabo yose. |
   | 16. | Nta mwami ukizwa n’uko ingabo ze ari nyinshi, Intwari ntikizwa n’imbaraga zayo nyinshi. |
   | 17. | Ifarashi nta mumaro igira wo gukiza, Ntizakirisha umuntu imbaraga zayo nyinshi. |
   | 18. | Dore ijisho ry’Uwiteka riri ku bamwubaha, Riri ku bategereza imbabazi ze, |
   | 19. | Ngo akize ubugingo bwabo urupfu, Abarinde mu nzara badapfa. |
   | 20. | Imitima yacu itegereza Uwiteka, Ni we mutabazi wacu n’ingabo idukingira. |
   | 21. | Imitima yacu izamwishimira, Kuko twiringiye izina rye ryera. |
   | 22. | Uwiteka, imbabazi zawe zibe kuri twe Nk’uko tugutegereza. |