Somera Bibiliya kuri Telefone
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter1.
Zaburi iyi ni iya Dawidi, ubwo yisarishirizaga imbere ya Abimeleki, akamwirukana akagenda.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter2.
Nzahimbaza Uwiteka iminsi yose, Ishimwe rye rizaba mu kanwa kanjye iteka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter3.
Uwiteka ni we umutima wanjye uzirata, Abanyamubabaro babyumve bishime.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter4.
Mufatanye nanjye guhimbaza Uwiteka, Dushyirane hejuru izina rye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter5.
Nashatse Uwiteka aransubiza, Ankiza ubwoba nari mfite bwose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter6.
Bamurebyeho bavirwa n’umucyo, Mu maso habo ntihazagira ipfunwe iteka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter7.
Uyu munyamubabaro yaratatse, Uwiteka aramwumva, Amukiza amakuba n’ibyago bye byose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter8.
Marayika w’Uwiteka abambisha amahema yo kugota abamwubaha, Akabakiza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter9.
Nimusogongere mumenye yuko Uwiteka agira neza, Hahirwa umuhungiraho.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter10.
Mwubahe Uwiteka mwa bera be mwe, Kuko abamwubaha batagira icyo bakena.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter11.
Imigunzu y’intare ibasha gukena no gusonza, Ariko abashaka Uwiteka ntibazagira icyiza bakena.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter12.
Bana bato nimuze munyumve, Ndabigisha kūbaha Uwiteka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter13.
Ni nde ushaka ubugingo, Agakunda kurama kugira ngo azabone ibyiza?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter14.
Ujye ubuza ururimi rwawe rutavuga ikibi, N’iminwa yawe itavuga iby’uburiganya.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter15.
Va mu byaha ujye ukora ibyiza, Ujye ushaka amahoro uyakurikire, Kugira ngo uyashyikire.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter16.
Amaso y’Uwiteka ari ku bakiranutsi, N’amatwi ye ari ku gutaka kwabo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter17.
Igitsure cy’Uwiteka kiri ku bakora ibyaha, Kugira ngo amareho kwibukwa kwabo mu isi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter18.
Abakiranutsi baratatse Uwiteka arabumva, Abakiza amakuba n’ibyago byabo byose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter19.
Uwiteka aba hafi y’abafite imitima imenetse. Kandi akiza abafite imitima ishenjaguwe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter20.
Amakuba n’ibyago by’umukiranutsi ni byinshi, Ariko Uwiteka amukiza muri byose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter21.
Arinda amagufwa ye yose, Nta na rimwe rivunika.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter22.
Ibyaha bizicisha umunyabyaha, Abanga umukiranutsi bazacirwaho iteka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter23.
Uwiteka acungura ubugingo bw’abagaragu be, Nta wo mu bamuhungiraho uzacirwaho iteka.

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma zaburi igice cya: