Somera Bibiliya kuri Telefone
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter1.
Zaburi ya Dawidi. Ntuhagarikwe umutima n’abakora ibyaha, Kandi ntugirire ishyari abakiranirwa.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter2.
Kuko bazacibwa vuba nk’ubwatsi, Bazuma nk’igisambu kibisi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter3.
Wiringire Uwiteka ukore ibyiza, Guma mu gihugu ukurikize umurava.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter4.
Kandi wishimire Uwiteka, Na we azaguha ibyo umutima wawe usaba.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter5.
Ikoreze Uwiteka urugendo rwawe rwose,Abe ari we wiringira na we azabisohoza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter6.
Kandi azerekana gukiranuka kwawe nk’umucyo, N’ukuri k’urubanza rwawe nk’amanywa y’ihangu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter7.
Turiza Uwiteka umutegereze wihanganye, Ntuhagarikwe umutima n’ubona ibyiza mu rugendo rwe, N’umuntu usohoza inama mbi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter8.
Reka umujinya, va mu burakari, Ntuhagarike umutima kuko icyo kizana gukora ibyaha gusa.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter9.
Kuko abakora ibyaha bazarimburwa, Ariko abategereza Uwiteka ni bo bazaragwa igihugu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter10.
Kuko hazabaho igihe gito, umunyabyaha ntabeho, Ni koko uzitegereza ahe umubure.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter11.
Ariko abagwaneza bazaragwa igihugu, Bazishimira amahoro menshi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter12.
Umunyabyaha ajya inama zo kugirira umukiranutsi nabi, Kandi amuhekenyera amenyo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter13.
Umwami Imana izamuseka, Kuko ireba yuko igihe cye kigiye gusohora.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter14.
Abanyabyaha bakuriye inkota bafora imiheto, Kugira ngo batsinde umunyamubabaro n’umukene, Bice abagenda batunganye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter15.
Inkota yabo ni bo izacumita imitima, Imiheto yabo izavunika.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter16.
Ibike umukiranutsi afite, Biruta ubutunzi bwinshi bw’abanyabyaha benshi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter17.
Kuko amaboko y’abanyabyaha azavunika, Ariko Uwiteka aramira abakiranutsi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter18.
Uwiteka azi iminsi y’abatunganye, Umwandu wabo uzahoraho iteka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter19.
Ntibazakorwa n’isoni mu gihe cy’ibyago, Mu minsi y’inzara bazahazwa.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter20.
Ariko abanyabyaha bazarimbuka, Kandi abanzi b’Uwiteka bazashira nk’ubwiza bw’urwuri, Bazarimbuka, bazarimbukira mu mwotsi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter21.
Umunyabyaha aragurizwa ntiyishyure, Ariko umukiranutsi agira ubuntu agatanga.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter22.
Kuko abahabwa umugisha n’Uwiteka bazaragwa igihugu, Abavunwa na we bazarimburwa.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter23.
Iyo intambwe z’umuntu zikomejwe n’Uwiteka, Akishimira inzira ye,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter24.
Naho yagwa ntazarambarara, Kuko Uwiteka amuramije ukuboko kwe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter25.
Nari umusore none ndashaje, Ariko sinari nabona umukiranutsi aretswe, Cyangwa urubyaro rwe rusabiriza ibyokurya.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter26.
Agira ubuntu umunsi ukira, akaguriza abandi, Urubyaro rwe rukabona umugisha.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter27.
Va mu byaha ujye ukora ibyiza, Uzaba gakondo iteka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter28.
Uwiteka akunda imanza zitabera, Ntareka abakunzi be, Barindwa iteka ryose. Ariko urubyaro rw’abanyabyaha ruzarimburwa.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter29.
Abakiranutsi bazaragwa igihugu, Bakibemo iteka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter30.
Akanwa k’umukiranutsi kavuga iby’ubwenge, N’ururimi rwe ruvuga ibyo gukiranuka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter31.
Amategeko y’Imana ye ari mu mutima we, Nta ntambwe ze zizanyerera.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter32.
Umunyabyaha agenzura umukiranutsi, Agashaka kumwica.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter33.
Uwiteka ntazamurekera mu kuboko kwe, Kandi ntazamutsindisha mu manza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter34.
Ujye utegereza Uwiteka ukomeze mu nzira ye, Na we azagushyirira hejuru kuragwa igihugu, Abanyabyaha bazarimburwa ureba.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter35.
Nabonye umunyabyaha afite ubutware bukomeye, Agāye nk’igiti kibisi cyishimiye ubutaka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter36.
Maze barahanyuze basanga adahari, Kandi naramushatse ntiyaboneka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter37.
Witegereze uboneye rwose, urebe utunganye, Kuko umunyamahoro azagira urubyaro.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter38.
Abacumura bo bazarimburirwa hamwe, Urubyaro rw’umunyabyaha ruzarimburwa.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter39.
Ariko agakiza k’abakiranutsi gaturuka ku Uwiteka, Ni we gihome kibakingira mu gihe cy’amakuba.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter40.
Kandi Uwiteka arabatabara akabārura, Abārura mu banyabyaha akabakiza, Kuko bamuhungiyeho.

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma zaburi igice cya: