Somera Bibiliya kuri Telefone
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter1.
Zaburi iyi ni iya Dawidi, yahimbiwe kuba urwibutso.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter2.
Uwiteka ntumpanishe umujinya wawe, Kandi ntumpanishe uburakari bwawe bwotsa.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter3.
Kuko imyambi yawe impamye, Ukuboko kwawe kukanshikamira.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter4.
Nta hazima mu mubiri wanjye ku bw’umujinya wawe, Nta mahoro amagufwa yanjye afite ku bw’ibyaha byanjye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter5.
Kuko ibyo nakiraniwe bindengeye, Bihwanye n’umutwaro uremereye unanira.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter6.
Inguma zanjye ziranuka kandi ziraboze, Ku bw’ubupfu bwanjye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter7.
Ndahetamye nunamye cyane, Ngenda nambaye ibyo kwirabura umunsi ukira.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter8.
Kuko ikiyunguyungu cyanjye cyuzuye umuriro, Kandi nta hazima mu mubiri wanjye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter9.
Ndahondobereye ndavunaguritse, Nanihishijwe no guhagarika umutima.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter10.
Mwami, ibyo nshaka byose biri imbere yawe, Kuniha kwanjye ntuguhishwa.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter11.
Umutima urankubita, Intege zanjye zirashira, Amaso yanjye na yo ubwayo afite ibihuzenge.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter12.
Abakunzi banjye n’incuti zanjye, bampaye akato ku bw’icyago cyanjye, Bene wacu bampagaze kure.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter13.
Kandi abashaka kunyica bantega imitego, Abanshakira ibyago bavuga iby’ubwicanyi, Bagatekereza uburiganya umunsi ukira.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter14.
Ariko jyeweho meze nk’igipfamatwi sinumva, Meze nk’ikiragi kitabumbura umunwa.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter15.
Ni ukuri meze nk’umuntu utumva, Udafite mu kanwa ibyo asubiza undi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter16.
Kuko Uwiteka ari wowe niringiye, Mwami Imana yanjye ni wowe uzansubiza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter17.
Kuko navuze nti “Be kunyishima hejuru, Iyo ikirenge cyanjye kinyereye banyirata hejuru.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter18.
Kuko ndi bugufi bwo gucumbagira, Kandi umubabaro wanjye uri imbere yanjye iteka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter19.
Kuko nzatura gukiranirwa kwanjye, Nzagira agahinda k’ibyaha byanjye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter20.
Ariko abanzi banjye ni abanyantege nyinshi, Kandi ni abanyamaboko, Abanyangira impamvu z’ibinyoma baragwiriye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter21.
Abitura inabi ababagiriye neza, Na bo ni abanzi banjye kuko nkurikiza icyiza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter22.
Uwiteka ntundeke, Mana yanjye ntumbe kure.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter23.
Mwami gakiza kanjye, Tebuka untabare.

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma zaburi igice cya: