Somera Bibiliya kuri Telefone
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter1.
Zaburi iyi yahimbiwe Yedutuni, umutware w’abaririmbyi. Ni iya Dawidi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter2.
Naribwiye nti “Nzirindira mu nzira zanjye, Kugira ngo ntacumuza ururimi rwanjye. Nzajya mfata ururimi rwanjye, Umunyabyaha akiri imbere yanjye.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter3.
Nabeshejwe nk’ikiragi no kutavuga, narahoze naho byaba ibyiza sinabivuga, Umubabaro wanjye uragwira.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter4.
Umutima wanjye ungurumana mu nda, Ngitekereza umuriro unyakamo, Maze mvugisha ururimi nti
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter5.
“Uwiteka, umenyeshe iherezo ryanjye, N’urugero rw’iminsi yanjye, Menye ko ndi igikenya.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter6.
Dore wahinduye iminsi yanjye nk’intambwe z’intoki, Igihe cy’ubugingo bwanjye kuri wowe kimeze nk’ubusa, Ni ukuri umuntu wese nubwo akomeye, ni umwuka gusa.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter7.
Ni ukuri umuntu wese agenda nk’igicucu, Ni ukuri bahagarikira umutima ubusa, Umuntu arundanya ubutunzi atazi uzabujyana.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter8.
Mwami, none ntegereje iki? Ni wowe niringira.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter9.
Unkize ibicumuro byanjye byose, Ntumpindure uwo gutukwa n’abapfu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter10.
Narahoze sinabumbura akanwa, Kuko ari wowe wabikoze.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter11.
Unkureho inkoni yawe, Mazwe no gukubitwa n’ukuboko kwawe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter12.
Iyo uhaniye umuntu gukiranirwa kwe umuhanisha ibihano, Unyenzura ubwiza bwe nk’inyenzi, Ni ukuri umuntu wese ni umwuka gusa.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter13.
Uwiteka umva gusenga kwanjye, tegera ugutwi gutaka kwanjye, Ntiwicire amatwi amarira yanjye. Kuko ndi umusuhuke imbere yawe, N’umwimukira nk’uko ba sogokuruza bose bari bari.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter14.
Rekera aho kundeba igitsure, Mbone uko nsubizwamo intege, Ntarava hano ntakibaho.

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma zaburi igice cya: