   | 1. | Zaburi iyi yahimbiwe umutware w’abaririmbyi Ni iya Dawidi. |
   | 2. | Hahirwa uwita ku bakene, Uwiteka azamukiza ku munsi w’ibyago. |
   | 3. | Uwiteka azamurinda amukize, kandi azahirwa ari mu isi, Kandi ntumuhe abanzi be kumugirira uko bashaka. |
   | 4. | Uwiteka azamwiyegamiza ahondobereye ku buriri, Ni wowe umubyukiriza uburiri iyo arwaye. |
   | 5. | Naravuze nti “Uwiteka umbabarire, Ukize ubugingo bwanjye kuko nagucumuyeho.” |
   | 6. | Abanzi banjye banyifuriza nabi bati “Azapfa ryari ngo izina rye ryibagirane?” |
   | 7. | Kandi umwe muri abo iyo aje kunsura aba anshunga, Umutima we ukiyuzuriza inama mbi, Agasohoka akabivuga. |
   | 8. | Abanyanga bose bamvugira mu byongorerano, Bangira inama zo kungirira nabi. |
   | 9. | Bati “Indwara ikomeye imubayeho akaramata, Noneho ubwo aryamye ntazabyuka ukundi.” |
   | 10. | Kandi incuti yanjye y’amagara nizeraga nagaburiraga, Ni yo imbanguriye umugeri. |
   | 11. | Ariko wowe ho Uwiteka umbabarire umbyutse, Kugira ngo mbiture. |
   | 12. | Iki ni cyo kimenyesha yuko unyishimira, Ni uko umwanzi wanjye atavugiriza impundu kunesha. |
   | 13. | Kandi jyeweho unkomereza gukiranuka kwanjye, Kandi unshyira imbere yawe iteka ryose. |
   | 14. | Uwiteka Imana y’Abisirayeli ahimbazwe, Uhereye kera kose ukageza iteka ryose. Amen kandi Amen. |