Somera Bibiliya kuri Telefone
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter1.
Zaburi iyi yahimbiwe umutware w’abaririmbyi babwirisha inanga ijwi ryitwa “Amarebe”. Ni Zaburi ya bene Kōra yahimbishijwe ubwenge. Ni indirimbo y’urukundo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter2.
Umutima wanjye urabize usesekara ibyiza, Ndavuga indirimbo nahimbiye umwami, Ururimi rwanjye ni ikaramu y’uwandika vuba.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter3.
Uruta ubwiza abana b’abantu, Ubukundiriza busutswe ku minwa yawe, Ni cyo gitumye Imana iguha umugisha w’iteka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter4.
Wa ntwari we, ambara inkota yawe ku itako, Ambara ubwiza bwawe n’icyubahiro cyawe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter5.
Ugendane icyubahiro uri ku ifarashi uneshe, Urengere ukuri n’ubugwaneza no gukiranuka, Ukuboko kwawe kw’iburyo kukwigishe ibitera ubwoba.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter6.
Imyambi yawe iratyaye, Amahanga agwa hasi imbere yawe, Imyambi yawe iri mu mitima y’ababisha b’umwami.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter7.
Mana, intebe yawe ni iy’iteka ryose, Inkoni y’ubugabe bwawe ni inkoni y’utwara agororoka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter8.
Wakunze gukiranuka wanga ibyaha, Ni cyo cyatumye Imana ari yo Mana yawe, Igusīga amavuta yo kwishima, Kukurutisha bagenzi bawe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter9.
Imyenda yawe yose ihumura ishangi n’umusaga na kesīya, Inanga zo mu mazu yubakishijwe amahembe y’inzovu zirakwishimishije.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter10.
Mu bagore bawe b’icyubahiro harimo abakobwa b’abami, Iburyo bwawe hahagaze umwamikazi yambaye izahabu yavuye Ofiri.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter11.
Umva mukobwa, utekereze utege ugutwi, Kandi wibagirwe ishyanga ryanyu n’inzu ya so.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter12.
Ni cyo kizatuma umwami akunda ubwiza bwawe, Kuko ari we mwami wawe nawe umuramye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter13.
Kandi umukobwa w’i Tiro azazana impano, Kandi abatunzi bo mu bantu bazagusaba kubahakirwa.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter14.
Umukobwa w’umwami uri mu kirambi afite ubwiza bwinshi, Imyenda ye iboheshejwe izahabu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter15.
Ari buzanirwe umwami yambaye imyenda idaraje, Abakobwa bagenzi be bamukurikiye, Bari buzanwe aho uri.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter16.
Bari buzanishwe umunezero n’ibyishimo, Binjire mu nzu y’umwami.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter17.
Mwami, mu cyimbo cya ba sogokuruza bawe, Kizasubiramo abana bawe, Ni bo uzagira abatware mu isi yose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter18.
Nzibukiriza izina ryawe ibihe byose, Ni cyo gituma amahanga azagushima iteka ryose.

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma zaburi igice cya: