Somera Bibiliya kuri Telefone
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter1.
Zaburi iyi yahimbiwe umutware w’abaririmbyi, baririmbisha Nehiloti.Ni iya Dawidi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter2.
Uwiteka, tegera ugutwi amagambo yanjye, Ita ku byo nibwira.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter3.
Mwami wanjye, Mana yanjye, Tyariza ugutwi ijwi ryanjye ngutakira, Kuko ari wowe nsenga.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter4.
Uwiteka, mu gitondo uzajya wumva ijwi ryanjye, Mu gitondo nzajya nerekeza gusenga kwanjye kuri wowe, Mbe maso ntegereje.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter5.
Kuko utari Imana y’intambirakibi, Umunyangeso mbi ntazaba iwawe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter6.
Abībone ntibazahagarara mu maso yawe, Wanga inkozi z’ibibi zose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter7.
Uzarimbura abanyabinyoma, Uwiteka yanga urunuka umwicanyi n’umuriganya.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter8.
Ariko jyeweho nzazanwa n’imbabazi zawe nyinshi mu nzu yawe, Kuko nkūbashye nzikubita hasi nsenge, Nerekeye urusengero rwawe rwera.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter9.
Uwiteka ku bwo gukiranuka kwawe, Ujye unyobora kuko banyubikiye, Umpanurire inzira yawe aho nyura.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter10.
Kuko ari nta murava uri mu kanwa kabo, Imitima yabo ni igomwa risa, Umuhogo wabo ni imva irangaye, Bashyeshyesha indimi zabo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter11.
Mana ubagire uko ugira abanyabyaha, Imigambi yabo ibatere kugwa, Ibicumuro byabo byinshi bigutere kubirukana, Kuko bakugomeye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter12.
Ni bwo abaguhungiraho bazishima, Ibyishimo bizabateza amajwi hejuru iteka kuko ubarinda, Kandi abakunda izina ryawe bazakwishimira.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter13.
Kuko uzaha umukiranutsi umugisha, Uwiteka, uzamugotesha urukundo rwawe nk’ingabo.

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma zaburi igice cya: