Somera Bibiliya kuri Telefone
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter1.
Zaburi iyi ni iya Asafu. Imana y’imbaraga nyinshi, Imana Rurema, Uwiteka iravuze, Ihamagaye isi uhereye aho izuba rirasira, Ukageza aho rirengera.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter2.
Kuri Siyoni aho ubwiza butagira inenge, Ni ho Imana irabagiraniye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter3.
Imana yacu izaza ye guceceka, Imbere yayo umuriro uzakongora, Umuyaga w’ishuheri uzayigota.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter4.
Izahamagara ijuru ryo hejuru, N’isi na yo kugira ngo icire ubwoko bwayo urubanza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter5.
Iti “Munteranirizeho abakunzi banjye, Basezeranishije nanjye isezerano ibitambo.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter6.
Ijuru rizavuga gukiranuka kwayo, Kuko Imana ubwayo ari yo mucamanza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter7.
“Bwoko bwanjye nimwumve nanjye ndavuga, Wa bwoko bw’Abisirayeli we, ndaguhamiriza, Ni jye Mana, Imana yawe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter8.
Sinkugayira ibitambo byawe, Ibitambo byawe byokeje biri imbere yanjye iteka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter9.
Sinzakura impfizi mu rugo rwawe, Cyangwa isekurume mu biraro by’ihene zawe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter10.
Kuko inyamaswa zose zo mu ishyamba ari izanjye, N’inka z’ibirarashyamba zo ku misozi igihumbi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter11.
Nzi inyoni n’ibisiga byose byo ku misozi, Inyamaswa zo mu ishyamba ni izanjye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter12.
“Iyaba ngira inzara sinakubwira, Kuko isi n’ibiyuzuye ari ibyanjye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter13.
Mbese aho narya inyama z’amapfizi, Cyangwa se nanywa amaraso y’ihene?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter14.
Utambire Imana ishimwe, Uhigure Isumbabyose umuhigo wawe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter15.
Kandi unyambaze ku munsi w’amakuba no ku w’ibyago, Nzagukiza nawe uzanshimisha.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter16.
Ariko umunyabyaha Imana iramubaza iti “Wiruhiriza iki kuvuga amategeko yanjye, Ugashyira isezerano ryanjye mu kanwa kawe,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter17.
Ubwo uri inyangaguhanwa, Ukirenza amagambo yanjye?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter18.
Uko ubonye umujura wishimira kubana na we, Kandi ufatana n’abasambanyi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter19.
“Ushyira ibibi mu kanwa kawe, Ururimi rwawe rukarema uburiganya.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter20.
Wicara uvuga nabi mwene so, Ubeshyera mwene nyoko.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter21.
Ibyo urabikora nkakwihorera, Ukibwira yuko mpwanye nawe rwose. Ariko nzaguhana mbishyire imbere y’amaso yawe, Uko bikurikirana.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter22.
“Nuko mwa bibagirwa Imana mwe, Mutekereze ibi kugira ngo ne kubashishimura, Hakabura ubakiza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter23.
Untambira ishimwe wese aba anyubahiriza, Kandi utunganya ingeso ze, Nzamwereka agakiza k’Imana.”

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma zaburi igice cya: