Somera Bibiliya kuri Telefone
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter1.
Zaburi iyi yahimbiwe umutware w’abaririmbyi. Ni iya Dawidi. Yayanditse
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter2.
ubwo umuhanuzi Natani yazaga aho ari, Dawidi amaze gusambana na Batisheba.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter3.
Mana, umbabarire ku bw’imbabazi zawe,Ku bw’imbabazi zawe nyinshi usibanganye ibicumuro byanjye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter4.
Unyuhagire rwose gukiranirwa kwanjye, Unyeze unkureho ibyaha byanjye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter5.
Kuko nzi ibicumuro byanjye, Ibyaha byanjye biri imbere yanjye iteka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter6.
Ni wowe, ni wowe ubwawe nacumuyeho, Nakoze icyangwa n’amaso yawe. Byabereye bityo kugira ngo uboneke ko ukiranuka nuvuga, Kandi uboneke ko uboneye nuca urubanza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter7.
Dore naremanywe gukiranirwa, Mu byaha ni mo mama yambyariye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter8.
Dore ushaka ukuri ko mu mitima, Mu mutima hataboneka uzahamenyesha ubwenge.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter9.
Unyejeshe ezobu ndera, Unyuhagire ndaba umweru ndushe urubura.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter10.
Unyumvishe umunezero n’ibyishimo, Kugira ngo amagufwa wavunnye yishime.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter11.
Hisha amaso yawe ibyaha byanjye, Usibanganye ibyo nakiraniwe byose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter12.
Mana, undememo umutima wera, Unsubizemo umutima ukomeye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter13.
Ntunte kure yo mu maso yawe, Ntunkureho Umwuka wawe Wera.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter14.
Unsubizemo kunezezwa n’agakiza kawe, Unkomereshe umutima wemera.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter15.
Ni bwo nzigisha inzira yawe abacumura, Abanyabyaha baguhindukirire.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter16.
Mana, ni wowe Mana y’agakiza kanjye, Unkize urubanza rw’inyama y’umuntu, Ni bwo ururimi rwanjye ruzaririmba cyane gukiranuka kwawe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter17.
Mwami, bumbura iminwa yanjye, Ni bwo akanwa kanjye kazerekana ishimwe ryawe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter18.
Ni uko utishimira ibitambo mba mbiguhaye, Ntunezererwe ibitambo byokeje.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter19.
Ibitambo Imana ishima ni umutima umenetse, Umutima umenetse ushenjaguwe, Mana, ntuzawusuzugura.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter20.
Ugirire neza i Siyoni nk’uko uhishimira, Wubake inkike z’i Yerusalemu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter21.
Ni bwo uzishimira ibitambo by’abakiranutsi, Ni byo bitambo byokeje n’ibitwitswe, Ni bwo bazatamba amapfizi ku gicaniro cyawe.

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma zaburi igice cya: