Somera Bibiliya kuri Telefone
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter1.
Zaburi iyi yahimbiwe umutware w’abaririmbyi babwira inanga. Ni Zaburi ya Dawidi yahimbishijwe ubwenge.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter2.
Mana, tegera ugutwi gusenga kwanjye, Ntiwirengagize kwinginga kwanjye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter3.
Nyitaho unsubize, Kwiganyira bintera gukora hirya no hino, bikanihisha,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter4.
Ku bw’ijwi ry’umwanzi, Ku bw’agahato k’abanyabyaha, Kuko banteza amakuba, Bakangenzanya umujinya.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter5.
Umutima wanjye urambabaza cyane, Ubwoba bwinshi bunguyeho nk’ubw’ūtinya urupfu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter6.
Gutinya no guhinda imishyitsi bingezeho, Gukangarana kuramiranije.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter7.
Ndavuga nti “Icyampa nkagira amababa nk’inuma, Mba ngurutse nkaruhuka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter8.
Dore mba ndorongotaniye kure, Nkarara mu butayu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter9.
Mba mpungiye vuba mu buhungiro, Nkikinga umuyaga w’ishuheri n’umugaru.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter10.
Mwami, ubamire uyoberanye indimi zabo, Kuko nabonye urugomo no kurwana mu mudugudu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter11.
Ku manywa na nijoro bigendagenda hejuru y’inkike zawo, Kandi gukiranirwa n’igomwa biri hagati yawo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter12.
Gukora ibyaha kuri hagati yawo, Agahato n’uburiganya ntibiva mu nzira zo muri wo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter13.
Si umwanzi wantutse, Mba narabashije kwihangana, Cyangwa uwanyangaga si we wanyirase hejuru, Mba naramwihishe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter14.
Ahubwo ni wowe uwo duhwanye, Uwo twagendanaga, incuti yanjye y’amagara.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter15.
Twaganiraga tunezerewe, Tukagendagendana n’iteraniro mu nzu y’Imana.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter16.
Urupfu rubatungure, Bamanuke bajye ikuzimu bakiri bazima, Kuko gukora ibyaha kuri mu mazu yabo no mu mitima yabo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter17.
Jyeweho nzambaza Imana, Uwiteka azankiza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter18.
Nimugoroba no mu gitondo no ku manywa y’ihangu, Nzajya muganyira niha, Na we azumva ijwi ryanjye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter19.
Yacunguriye ubugingo bwanjye amahoro, Kugira ngo batanyegera, Kuko abandwanyaga ari benshi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter20.
Imana izanyumva ibacishe bugufi, Ni yo ihora yicaye ku ntebe y’ubwami uhereye kera kose, Izacisha bugufi abadahindurwa ntibubahe Imana.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter21.
Wa muntu yaramburiye amaboko kubuza abo babanaga amahoro, Yahumanije isezerano rye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter22.
Akanwa ke kanyereraga nk’amavuta, Ariko umutima we wibwiraga intambara gusa. Amagambo ye yoroheraga kurusha amavuta ya elayo, Ariko yari inkota zikūwe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter23.
Ikoreze Uwiteka umutwaro wawe na we azakuramira, Ntabwo azakundira umukiranutsi kunyeganyezwa.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter24.
Ariko wowe Mana, uzabamanurira mu rwobo rw’irimbukiro, Abicanyi n’abariganya ntibazacagasa iminsi yo kubaho kwabo, Ariko jyeweho nzajya nkwiringira.

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma zaburi igice cya: