Somera Bibiliya kuri Telefone
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter1.
Zaburi iyi yahimbiwe umutware w’abaririmbyi babwirisha inanga ijwi ryitwa “Witsemba.” Ni Zaburi ya Dawidi yitwa Mikitamu, yahimbye ubwo Sawuli yatumaga bakarindira inzu kugira ngo bamwice.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter2.
Mana yanjye, unkize abanzi banjye, Unshyire hejuru y’abampagurukira.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter3.
Unkize inkozi z’ibibi, Undinde abicanyi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter4.
Kuko bubikira ubugingo bwanjye, Abanyambaraga bateraniye kuntera, Kandi ntazize igicumuro cyanjye, Cyangwa icyaha cyanjye, Uwiteka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter5.
Barirukanka bakitegura batagize icyo bampora, Kanguka unsanganire ubirebe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter6.
Ni wowe mpamagara, Uwiteka, Mana Nyiringabo, Mana y’Abisirayeli, Kangukira guhana abapagani bose, Ntugire abanyabicumuro babi ubabarira.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter7.
Bagaruka nimugoroba bagakankama nk’imbwa, Bakazenguruka umudugudu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter8.
Dore badudubiranya amagambo mabi mu kanwa kabo, Inkota ziri mu minwa yabo, Kuko bibaza bati “Ni nde ubyumva?”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter9.
Ariko wowe Uwiteka uzabaseka, Uzakoba abapagani bose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter10.
Wa mbaraga yanjye we, nzagutegereza, Kuko Imana ari yo gihome kirekire kinkingira.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter11.
Imana mboneramo imbabazi izansanganira, Imana izanyereka ibyo nshakira abanyubikira.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter12.
Ntubice kugira ngo abantu banjye batabyibagirwa, Mwami ngabo idukingira, Ubatatanishe imbaraga zawe ubacishe bugufi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter13.
Ijambo ryose ryo mu minwa yabo ni igicumuro cy’akanwa kabo, Ubwibone bwabo bubafate nk’umutego, Imivumo n’ibinyoma bavuga na byo bibafatishe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter14.
Ubatsembane umujinya, Ubatsembe be kubaho ukundi, Kugeza ku mpera y’isi hose, Bamenye yuko Imana itegeka Abayakobo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter15.
Ba bandi bajye bagaruka nimugoroba bakankame nk’imbwa, Bazenguruke umudugudu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter16.
Bahunahune bashake inyama, Nibadahaga bakeshe ijoro.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter17.
Ariko jyeweho nzaririmba imbaraga zawe, Kuko wambereye igihome kirekire kinkingira. Mu gitondo nzaririmbisha imbabazi zawe ijwi rirenga, N’ubuhungiro ku munsi w’amakuba yanjye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter18.
Ni wowe wa mbaraga yanjye we, nzaririmbira ishimwe, Kuko Imana ari yo gihome kirekire kinkingira, Ni Imana mboneramo imbabazi.

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma zaburi igice cya: