   | 1. | Iyi ndirimbo yitwa Zaburi, yahimbiwe umutware w’abaririmbyi. Mwa bari mu isi yose mwe, Muvugirize Imana impundu. |
   | 2. | Muririmbe icyubahiro cy’izina ryayo, Mwogeze ishimwe ryayo. |
   | 3. | Mubwire Imana muti “Imirimo yawe ko iteye ubwoba, Imbaraga zawe nyinshi zizatuma abanzi bawe bose bakugomokera, Bakagushyeshya. |
   | 4. | Abo mu isi yose bazagusenga bakuririmbire, Bazaririmbira izina ryawe.” |
   | 5. | Nimuze murebe imirimo y’Imana, Iteye ubwoba ku byo igirira abantu. |
   | 6. | Yahinduye inyanja ubutaka, Kandi bambukishije uruzi ibirenge, Aho ni ho twayishimiriye. |
   | 7. | Itegekesha imbaraga zayo iteka, Amaso yayo yitegereza amahanga, Abagome be kwishyira hejuru. |
   | 8. | Mwa mahanga mwe, muhimbaze Imana yacu, Mwumvikanishe ijwi ry’ishimwe ryayo. |
   | 9. | Irindira imitima yacu mu bugingo, Kandi ntikundira ibirenge byacu ko biteguza. |
   | 10. | Kuko Mana, waratugerageje, Watuvugutiye nk’uko bavugutira ifeza. |
   | 11. | Wadutoje ikigoyi, Waduhekesheje umutwaro uremereye mu mugongo. |
   | 12. | Wahaye abantu kudukandagiza ku mitwe amafarashi abahetse, Twanyuze mu muriro no mu mazi, Maze udukuramo udushyira ahantu h’uburumbuke. |
   | 13. | Ndinjirana ibitambo byokeje mu nzu yawe, Ndaguhigura umuhigo naguhize. |
   | 14. | Wabumbuje iminwa yanjye, Akanwa kanjye kakawuvuga ubwo nari mu mubabaro. |
   | 15. | Ndagutambira ibitambo byokeje by’amatungo abyibushye, Arimo umubabwe w’amasekurume y’intama, Ndatamba amapfizi n’ihene. |
   | 16. | Mwa bubaha Imana mwese mwe, nimuze mwumve. Nanjye ndavuga ibyo yakoreye ubugingo bwanjye. |
   | 17. | Nayitakirishije akanwa kanjye, Ururimi rwanjye rwarayihimbaje. |
   | 18. | Iyaba naribwiraga ibyo gukiranirwa mu mutima wanjye, Uwiteka ntaba anyumviye. |
   | 19. | Ariko koko Imana iranyumviye, Ityarije ugutwi ijwi ryo gusenga kwanjye. |
   | 20. | Imana ihimbazwe, Itanze kumva gusenga kwanjye, Kandi itankuyeho imbabazi zayo. |