Somera Bibiliya kuri Telefone
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter1.
Shigayoniya Dawidi yaririmbiye Uwiteka, ku bw’amagambo ya Kushi wo mu muryango wa Benyamini.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter2.
Uwiteka Mana yanjye, ni wowe mpungiraho, Ntabara, nkiza abangenza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter3.
Urya muntu ye gushishimura umutima wanjye nk’intare, Awushwatagura ari nta wuntabara.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter4.
Uwiteka Mana yanjye, niba naragenjeje ntya, Niba amaboko yanjye ariho ubugoryi,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter5.
Niba narituye inabi uwo twabanaga amahoro, (Ahubwo nakijije uwanteraga ampoye ubusa),
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter6.
Umwanzi agenze umutima wanjye awugereho, Akandagirire ubugingo bwanjye hasi, Ashyire ubwiza bwanjye mu mukungugu.
Sela.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter7.
Uwiteka hagurukana umujinya wawe, Wihagarikire kurwanya gushega kw’abantera, Kandi unkangukire washyizeho urubanza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter8.
Nuko iteraniro ry’amahanga rikugote, Nawe usubire hejuru yaryo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter9.
Uwiteka aracira amahanga urubanza, Uwiteka, uncire urubanza rukwiriye gukiranuka kwanjye n’ukuri kundimo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter10.
Ububi bw’abanyabyaha bushire nawe ukomeze abakiranutsi, Kuko Imana ikiranuka igerageza imitima n’impyiko by’abantu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter11.
Ingabo inkingira ifitwe n’Imana, Ikiza abafite imitima itunganye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter12.
Imana ni umucamanza utabera, Ni Imana igira umujinya iminsi yose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter13.
Umuntu natihana izatyaza inkota yayo, Umuheto wayo imaze kuwufora irawutunganije.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter14.
Kandi imwiteguriye ibyica, Imyambi yayo iyikongejeho umuriro.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter15.
Umunyabyaha aramukwa ibibi bitagira umumaro, Inda yasamye ni igomwa abyara ibinyoma.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter16.
Yarimye ubushya acukura burebure, Agwa mu ruhavu yacukuye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter17.
Igomwa rye ni we rizagaruka ku mutwe, Urugomo rwe ruzagwa mu gitwariro cye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter18.
Nzashima Uwiteka nk’uko bikwiriye gukiranuka kwe, Nzaririmba ishimwe ry’izina ry’Uwiteka usumba byose.

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma zaburi igice cya: