Somera Bibiliya kuri Telefone
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter1.
Zaburi ya Salomo. Uhe umwami guca imanza kwawe, Uhe umwana w’umwami kutabera kwawe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter2.
Azacira abantu bawe imanza zitabera, N’abanyamubabaro bawe azabacira imanza z’ukuri.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter3.
Guca imanza zitabera kuzatuma imisozi miremire N’imigufi izanira abantu amahoro.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter4.
Azaca imanza zirengera abanyamubabaro bo mu bantu, Azakiza abana b’abakene, Kandi azavunagura umunyagahato.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter5.
Bazakubaha ibihe byose, Izuba n’ukwezi bikiriho.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter6.
Azamera nk’imvura imanuka ikanyagira ibyatsi biciwe, Nk’ibitonyanga bitonyangira ubutaka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter7.
Mu minsi ye abakiranutsi bazashisha, Kandi hazabaho amahoro menshi, Kugeza aho ukwezi kuzashirira.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter8.
Azatwara ahereye ku nyanja ageze ku yindi nyanja, Kandi ahereye kuri rwa Ruzi ageze ku mpera y’isi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter9.
Ababa mu butayu bazamwunamira, Abanzi be bazarigata umukungugu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter10.
Abami b’i Tarushishi n’abami bo ku birwa bazazana amaturo, Abami b’i Sheba n’abami b’i Seba bazazana ikoro.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter11.
Abami bose bazamwikubita imbere, Amahanga yose azamukorera.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter12.
Kuko azakiza umukene ubwo azataka, N’umunyamubabaro utagira gitabara.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter13.
Azababarira uworoheje n’umukene, Ubugingo bw’abakene azabukiza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter14.
Azacungura ubugingo bwabo, Abukize agahato n’urugomo, Kandi amaraso yabo azaba ay’igiciro cyinshi imbere ye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter15.
Nuko azarama kandi bazamuha ku izahabu y’i Sheba, Bazamusabira iteka, Bazamusabira umugisha umunsi wire.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter16.
Hazabaho amasaka menshi mu gihugu no mu mpinga z’imisozi, Amahundo yayo azanyeganyega nk’ibiti byo kuri Lebanoni, Abanyamudugudu bazashisha nk’ubwatsi bwo ku butaka burabije.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter17.
Izina rye rizahoraho iteka ryose, Izina rye rizahamaho, izuba rikiriho, Abantu bazisabira umugisha wo guhwana na we, Amahanga yose azamwita umunyehirwe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter18.
Uwiteka Imana ni yo Mana y’Abisirayeli ihimbazwe, Ni yo yonyine ikora ibitangaza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter19.
Izina ryayo ry’icyubahiro rihimbazwe iteka, Isi yose yuzure icyubahiro cyayo. Amen kandi Amen.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter20.
Ibyo Dawidi mwene Yesayi yasabye birarangiye.

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma zaburi igice cya: