Somera Bibiliya kuri Telefone
IGICE CYA GATATU (Zaburi 73--89)
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter1.
Zaburi iyi ni iya Asafu. Ni ukuri Imana igirira neza Abisirayeli, Bafite imitima iboneye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter2.
Ariko jyeweho, Ibirenge byanjye byari bugufi bwo guhanuka, Intambwe zanjye zari zishigaje hato zikanyerera.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter3.
Kuko nagiriraga ishyari abibone, Ubwo narebaga abanyabyaha baguwe neza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter4.
Kuko batababazwa mu ipfa ryabo, Ahubwo imbaraga zabo zirakomera.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter5.
Ntibagira imibabaro nk’abandi, Ntibaterwa n’ibyago nk’abandi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter6.
Ni cyo gituma ubwibone buba nk’urunigi mu majosi yabo, Urugomo rukabatwikīra nk’igishura.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter7.
Amaso yabo avanywe imutwe no kubyibuha kwabo, Bafite ibiruta ibyo umutima w’umuntu wakwifuza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter8.
Barakoba bakavugishwa iby’agahato no gukiranirwa kwabo, Bavuga iby’ubwibone.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter9.
Bashyize akanwa kabo mu ijuru, Ururimi rwabo ruzerera mu isi yose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter10.
Ni cyo gituma abantu be bagaruka aho, Bakamara amazi yuzuye mu gikombe,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter11.
Bakavuga bati “Imana ikibwirwa n’iki? Isumbabyose hari icyo izi?”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter12.
Dore abo ni bo banyabyaha, Kandi kuko bagira amahoro iteka bagwiza ubutunzi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter13.
Ni ukuri nogereje ubusa umutima wanjye, Kudacumura nagukarabiye ubusa.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter14.
Kuko natewe n’ibyago umunsi ukira, Ngahanwa ibihano mu bitondo byose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter15.
Iyaba naravuze nti “Reka mvuge ntyo”, Mba narahemukiye ubwoko bw’abana bawe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter16.
Natekereje uko nabasha kubimenya, Birandushya birananira,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter17.
Kugeza aho nagiriye ahera h’Imana, Nkita ku iherezo rya ba bandi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter18.
Ni ukuri ubashyira ahanyerera, Urabagusha bagasenyuka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter19.
Erega bahindutse amatongo mu kanya gato! Ubwoba bw’uburyo bwinshi burabatsembye rwose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter20.
Nk’uko inzozi zimeze iyo umuntu akangutse, Ni ko nawe Mwami nukanguka, Uzasuzugura icyubahiro cyabo cy’igicucu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter21.
Ubwo umutima wanjye washariraga, Nkibabaza mu mutima,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter22.
Nari umupfapfa nta bwenge nagiraga, Nameraga nk’inka imbere yawe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter23.
Ariko none ndi kumwe nawe iteka, Umfashe ukuboko kw’iburyo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter24.
Uzanyoboza ubwenge bwawe, Kandi hanyuma uzanyakirane icyubahiro.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter25.
Ni nde mfite mu ijuru utari wowe? Kandi mu isi nta we nishimira utari wowe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter26.
Umubiri wanjye n’umutima wanjye birashira, Ariko Imana ni yo gitare umutima wanjye uhungiraho, Kandi ni yo mugabane wanjye iteka ryose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter27.
Kuko abakujya kure bazarimbuka, Watsembye abakurekeshejwe no kurarikira bose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter28.
Ariko jyeweho kwegera Imana ni ko kwiza kuri jye, Umwami Uwiteka ni we ngize ubuhungiro, Kugira ngo namamaze imirimo wakoze yose.

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma zaburi igice cya: