Somera Bibiliya kuri Telefone
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter1.
Zaburi iyi yahimbiwe umutware w’abaririmbyi babwirisha inanga ijwi ryitwa “Witsemba.” Ni indirimbo ya Asafu yitwa Zaburi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter2.
Mana, turagushima, Turagushimira kuko izina ryawe riri bugufi, Abantu bamamaza imirimo itangaza wakoze.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter3.
“Nimbona igihe cyashyizweho, Nzaca imanza zitabera.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter4.
Isi n’abayibamo bose bacikamo igikuba, Ni jye wateye inkingi zayo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter5.
Mbwira abibone nti ‘Ntimukībone’, N’abanyabyaha nti ‘Ntimugashyire hejuru amahembe yanyu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter6.
Ntimugashyire hejuru cyane amahembe yanyu, Ntimukavuge iby’agasuzuguro mugamitse ijosi.’ ”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter7.
Kuko agakiza kadaturuka iburasirazuba cyangwa iburengerazuba, Cyangwa mu butayu bw’imisozi,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter8.
Ahubwo Imana ni yo mucamanza, Icisha umwe bugufi igashyira undi hejuru.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter9.
Kuko mu ntoki z’Uwiteka hariho agacuma karimo vino ibira, Kuzuye vino ivanze n’ibiyiryoshya arayisuka. Ni ukuri abanyabyaha bo mu isi, Baziranguza itende ryayo barinywe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter10.
Ariko jyeweho iteka nzajya namamaza ibyo, Nzaririmbira Imana ya Yakobo ishimwe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter11.
Kandi amahembe yose y’abanyabyaha nzayaca, Ariko amahembe y’abakiranutsi azashyirwa hejuru.

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma zaburi igice cya: