Somera Bibiliya kuri Telefone
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter1.
Zaburi iyi yahimbiwe umutware w’abaririmbyi babwirisha inanga ijwi ryitwa “Gititi”. Ni Zaburi ya Asafu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter2.
Muririmbishirize Imana ijwi rirenga ni yo mbaraga zacu, Muvugirize Imana ya Yakobo impundu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter3.
Muririmbe indirimbo muvuze ishako, Mucurange inanga nziza na nebelu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter4.
Muvuze impanda ukwezi kubonetse, Kandi ukwezi kuzoye ku munsi wacu mukuru.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter5.
Kuko iryo ari ryo tegeko ryategetswe Abisirayeli, Itegeko ry’Imana ya Yakobo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter6.
Yarikomereje mu Bayosefu kuba iryo guhamya, Ubwo yasohokaga igahagurukira igihugu cya Egiputa. Ni ho numvise amagambo y’Uwo ntari nzi ati
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter7.
“Nakuye urutugu rwe ku mutwaro, Amaboko ye yakuweho uburetwa bw’igitebo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter8.
Ubwo wari mu mubabaro waratatse, ndagukiza, Nagushubije ndi mu bwihisho bw’inkuba, Nakugeragereje ku mazi y’i Meriba.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter9.
Bwoko bwanjye, umva ndaguhamiriza, Wa bwoko bw’Abisirayeli we, iyaba unyumvira.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter10.
Muri wowe ntihakabe ikigirwamana cy’abanyamahanga, Kandi ntukagire ikigirwamana cy’abanyamahanga usenga.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter11.
Ni jye Uwiteka Imana yawe wagukuye mu gihugu cya Egiputa, Asama cyane nduzuza akanwa kawe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter12.
“Maze ubwoko bwanjye ntibwumviye ijwi ryanjye, Abisirayeli banga kunyitondera.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter13.
Nanjye ndabareka ngo bakurikize kunangirwa kw’imitima yabo, Bagendere mu migambi yabo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter14.
Iyaba ubwoko bwanjye bunyumvira, Iyaba Abisirayeli bagendera mu nzira zanjye,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter15.
Natsinda ababisha babo vuba, Nahīndurira ukuboko kwanjye ku babarwanya.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter16.
Abanzi b’Uwiteka bakamugomokera bakamushyeshya, Ariko ba bandi bakarama iteka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter17.
Yabagaburira amasaka ahunze, Kandi naguhaza ubuhura bwo mu mbigo.”

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma zaburi igice cya: