Somera Bibiliya kuri Telefone
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter1.
Iyi ndirimbo ni Zaburi ya bene Kōra, yahimbiwe umutware w’abaririmbyi babwirisha inanga ijwi ryitwa “Mahalati Leyanoti.” Ni indirimbo yahimbishijwe ubwenge ya Hemani Umwezerahi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter2.
Uwiteka, Mana y’agakiza kanjye, Ntakira imbere yawe ku manywa na nijoro.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter3.
Gusenga kwanjye kwinjire imbere yawe, Utegere ugutwi gutaka kwanjye,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter4.
Kuko umutima wanjye wuzuye imibabaro, Kandi ubugingo bwanjye bwegereye ikuzimu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter5.
Bambarana n’abamanuka bajya muri rwa rwobo, Meze nk’udafite gitabara.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter6.
Nasizwe mu bapfuye, Meze nk’abishwe baryama mu gituro, Abo utacyibuka ukundi, Kandi batandukanye n’ukuboko kwawe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter7.
Wanshyize mu rwobo rwo hasi, Ahantu h’umwijima h’ikuzimu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter8.
Umujinya wawe uranshikamiye, Kandi wambabarishije umuraba wawe wose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter9.
Wantandukanije n’abamenyi banjye ubanshyira kure, Wangize uwo banga urunuka, Ndakingiranywe simbasha gusohoka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter10.
Mu maso hanjye hananurwa n’umubabaro. Uwiteka, njya ngutakira uko bukeye, Nkakuramburira amaboko.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter11.
Mbese uzereka abapfuye ibitangaza? Ibicucu bizazuka bigushime?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter12.
Imbabazi zawe zizavugirwa ikuzimu? Cyangwa se umurava wawe uzavugirwa mu irimbukiro?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter13.
Ibitangaza byawe bizamenyekanira mu mwijima? Gukiranuka kwawe kuzamenyekanira mu gihugu cyibagiza?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter14.
Ariko Uwiteka ni wowe ntakira, Kandi mu gitondo gusenga kwanjye kuzajya kugusanganira.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter15.
Uwiteka, ni iki gituma uta ubugingo bwanjye? Ni iki gituma umpisha mu maso hawe?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter16.
Nahereye mu buto mbabazwa ndwana n’umutima, Ngitewe n’ibiteye ubwoba byawe mpagarika umutima.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter17.
Umujinya wawe w’inkazi urandengeye, Ibiteye ubwoba byawe biratsembye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter18.
Byangose nk’amazi umunsi urīra, Byanzengurukiye byose icyarimwe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter19.
Abakunzi banjye n’incuti zanjye wabatadukanirije kure yanjye, Abamenyi banjye bagiye mu mwijima.

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma zaburi igice cya: