Somera Bibiliya kuri Telefone
IGICE CYA KANE (Zaburi 90--106)
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter1.
Gusenga kwa Mose, umuntu w’Imana. Mwami, ibihe byose wahoze uri ubuturo bwacu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter2.
Imisozi itaravuka, Utararamukwa isi n’ubutaka, Uhereye iteka ryose ukageza iteka ryose, Ni wowe Mana.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter3.
Uhindura abantu umukungugu, Kandi ukavuga uti “Bana b’abantu, musubireyo.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter4.
Kuko imyaka igihumbi mu maso yawe imeze nk’umunsi wejo wahise, Cyangwa nk’igicuku cy’ijoro.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter5.
Ubajyana nk’isūri bameze nk’ibitotsi, Bukeye bameze nk’ibyatsi bimera.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter6.
Mu gitondo birera bigakura, Nimugoroba bigacibwa bikuma.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter7.
Natwe uburakari bwawe bwatumazeho, Umujinya wawe waduhagaritse imitima.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter8.
Washyize ibyo twakiraniwe imbere yawe, N’ibyaha byacu byahishwe wabishyize mu mucyo wo mu maso hawe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter9.
Kuko iminsi yacu yose ishize tukiri mu mujinya wawe, Imyaka yacu tuyirangiza nko gusuhuza umutima.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter10.
Iminsi y’imyaka yacu ni imyaka mirongo irindwi, Ariko kandi nitugira intege nyinshi ikagera kuri mirongo inani. Nyamara ibyiratwa byayo ni imiruho n’umubabaro, Kuko ishira vuba natwe tukaba tugurutse.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter11.
Ni nde uzi imbaraga z’uburakari bwawe, Akamenya umujinya wawe uko wowe ukwiriye kubahwa?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter12.
Utwigishe kubara iminsi yacu, Uburyo butuma dutunga imitima y’ubwenge.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter13.
Uwiteka garuka, Ko watinze uzageza ryari? Abagaragu bawe uduhindurire umutima.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter14.
Mu gitondo uzaduhaze imbabazi zawe, Kugira ngo tuzajye twishima tunezerwe iminsi yacu yose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter15.
Utwishimishe ibyishimo bingana n’iminsi watubabarijemo, N’imyaka twabonyemo ibyago.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter16.
Umurimo wawe utubonekere abagaragu bawe, Gukomera kwawe kumenyekanire ku bana bacu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter17.
Ubwiza bw’Uwiteka Imana yacu bube kuri twe, Kandi udukomereze imirimo y’intoki zacu, Nuko imirimo y’intoki zacu uyikomeze.

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma zaburi igice cya: