Somera Bibiliya kuri Telefone
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter1.
Uwiteka, Mana yo guhōra inzigo, Mana yo guhōra inzigo, rabagirana.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter2.
Wa mucamanza w’abari mu isi we, wishyire hejuru, Witure abibone ibibakwiriye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter3.
Uwiteka, abanyabyaha bazageza he, Abanyabyaha bazageza he kwishima?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter4.
Badudubiranya amagambo bavuga iby’agasuzuguro. Inkozi z’ibibi zose zirirarira.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter5.
Uwiteka, bamenagura ubwoko bwawe, Bababaza umwandu wawe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter6.
Bica umupfakazi n’umunyamahanga, Bica n’impfubyi,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter7.
Bakavuga bati “Uwiteka ntari bubibone, Imana ya Yakobo ntiri bubyiteho.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter8.
Mwa bameze nk’inka mwe bo mu bantu, mwite kuri ibi, Mwa bapfu mwe, muzagira ubwenge ryari?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter9.
Iyashyizeho ugutwi ntizumva? Iyaremye ijisho ntizareba?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter10.
Ihanisha amahanga ibihano ntizahana? Si yo yigisha abantu ubwenge?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter11.
Uwiteka azi ibyo abantu bibwira, Ko ari iby’ubusa gusa.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter12.
Uwiteka, hahirwa umuntu uhana, Ukamwigishisha amategeko yawe,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter13.
Kugira ngo umuruhure iminsi y’amakuba n’ibyago, Kugeza aho abanyabyaha bazacukurirwa ubushya,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter14.
Kuko Uwiteka atazata ubwoko bwe, Kandi atazareka umwandu we.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter15.
Kuko guca imanza kuzasubira ku kutabera, Kandi abafite imitima itunganye bose bazabishima.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter16.
Ni nde uzahaguruka akantabara kurwanya abanyabyaha? Ni nde uzahaguruka mu ruhande rwanjye kurwanya inkozi z’ibibi?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter17.
Iyo Uwiteka ataba umutabazi wanjye, Ubugingo bwanjye buba bwaratuye vuba ahacecekerwa.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter18.
Nkivuga nti “Ikirenge cyanjye kiranyereye”, Imbabazi zawe Uwiteka, zarandamiye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter19.
Iyo ibyo nshidikanya byinshi bimpagaritse umutima, Ibyo umpumuriza byishimisha ubugingo bwanjye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter20.
Mbese intebe y’abanyarugomo izafatanya nawe? Bagira amategeko urwitwazo rw’igomwa,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter21.
Bateranira gutera ubugingo bw’umukiranutsi, Bagaciraho iteka amaraso atariho urubanza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter22.
Ariko Uwiteka ni igihome kirekire kinkingira, Imana yanjye ni igitare cy’ubuhungiro bwanjye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter23.
Kandi izabagaruraho gukiranirwa kwabo, Izabarimburira mu byaha byabo, Uwiteka Imana yacu, izabarimbura.

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma zaburi igice cya: