Somera Bibiriya kuri Telefone
Abayuda n’Abasimeyoni banesha umwami w’Abanyakanāni
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp1.
Yosuwa amaze gupfa Abisirayeli babaza Uwiteka bati “Muri twe ni nde uzabanza gutera Abanyakanāni kubarwanya?”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp2.
Uwiteka aravuga ati “Abayuda ni bo bazabanzayo, dore mbagabije icyo gihugu.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp3.
Nuko Abayuda babwira Abasimeyoni bene wabo bati “Nimuze tujyane mu mugabane wacu turwane n’Abanyakanāni, natwe tuzabatabara mu wanyu mugabane.” Nuko Abasimeyoni bajyana na bo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp4.
Abayuda barazamuka, Uwiteka atanga Abanyakanāni n’Abaferizi arababagabiza, bicira i Bezeki ingabo zabo inzovu imwe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp5.
Basanga Adonibezeki i Bezeki baramurwanya, banesha Abanyakanāni n’Abaferizi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp6.
Ariko Adonibezeki arahunga baramukurikira, baramufata bamuca ibikumwe n’amano manini.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp7.
Adonibezeki aravuga ati “Abami mirongo irindwi baciwe ibikumwe n’amano manini, bajyaga batoragura ibyokurya munsi y’ameza yanjye, uko nabagize ni ko Uwiteka anyituye.” Nuko bamuzana i Yerusalemu, agwayo.
Kalebu ahindūra ibihugu yahawe
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp8.
Maze Abayuda batera i Yerusalemu barahatsinda baharimbuza inkota, batwika uwo mudugudu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp9.
Maze Abayuda baramanuka batera Abanyakanāni bo mu gihugu cy’imisozi miremire, n’ab’ikusi n’abo mu bibaya.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp10.
Kandi barongera batera Abanyakanāni bari batuye i Heburoni (kera i Heburoni hitwaga i Kiriyataruba), maze banesha Sheshayi na Ahimani na Talumayi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp11.
Bavayo batera abari batuye i Debira (kera i Debira hitwaga i Kiriyatiseferi).
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp12.
Ariko Kalebu aravuga ati “Uzatera i Kiriyatiseferi akahatsinda, nzamushyingira umukobwa wanjye Akisa.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp13.
Bukeye Otiniyeli mwene Kenazi murumuna wa Kalebu arahatsinda, nuko ashyingirwa wa mukobwa.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp14.
Maze uwo mukobwa yegera umugabo we aramuhendahenda ngo asabe se igikingi. Ava ku ndogobe ye, Kalebu aramubaza ati “Urashaka iki?”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp15.
Aramusubiza ati “Ubwo wampaye igikingi ikusi, na none ungirire ubuntu umpe n’amasōko y’amazi.” Nuko Kalebu amuha amasōko yo haruguru n’ayo hepfo.
Abisirayeli bakomeza kwirukana ababisha
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp16.
Nuko abana ba wa Mukeni sebukwe wa Mose, bazamukana na bene Yuda bavuye mu mudugudu w’imikindo, bajya mu butayu bw’i Buyuda buri ikusi ya Arada, baturanayo n’abaho.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp17.
Bukeye Abayuda bajyana n’Abasimeyoni bene wabo, banesha Abanyakanāni b’abaturage b’i Sefati, baraharimbura rwose. Kandi uwo mudugudu witwaga Horuma.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp18.
Maze Abayuda batsinda i Gaza bageza ku rugabano rwaho, na Ashikeloni n’urugabano rwaho, na Ekuroni n’urugabano rwaho.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp19.
Uwiteka yari kumwe n’Abayuda birukana bene igihugu cy’imisozi miremire, ariko ntibabasha kwirukana abo mu bibaya kuko bari bafite amagare y’ibyuma.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp20.
Kalebu bamuha i Heburoni nk’uko Mose yari yaravuze, yirukanamo bene Anaki uko ari batatu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp21.
Ariko Ababenyamini bo ntibirukanye Abayebusi b’abaturage b’i Yerusalemu, nuko Abayebusi baturana n’Ababenyamini i Yerusalemu na bugingo n’ubu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp22.
Ab’umuryango wa Yosefu na bo barazamuka ngo batere i Beteli, Uwiteka yari kumwe na bo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp23.
Babanza gutuma abatasi i Beteli (kera uwo mudugudu witwaga Luzi).
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp24.
Abo batasi babonye umuntu wavaga muri uwo mudugudu baramwinginga bati “Twereke irembo ry’uyu mudugudu tuzakugirira neza.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp25.
Uwo mugabo abereka irembo ry’umudugudu, nuko Abayosefu barimbuza abo muri uwo mudugudu inkota, ariko wa mugabo n’abo mu rugo rwe bose barabareka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp26.
Uwo mugabo aherako ajya mu gihugu cy’Abaheti yubakayo umudugudu awita Luzi, ari ryo zina ryawo na bugingo n’ubu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp27.
Abamanase bo ntibirukanye abaturage b’i Betisheyani n’abo mu midugudu yaho, cyangwa ab’i Tānaki n’imidugudu yaho, cyangwa ab’i Dori n’imidugudu yaho, cyangwa aba Ibuleyamu n’imidugudu yaho, cyangwa ab’i Megido n’imidugudu yaho. Nuko abo Banyakanāni bakunda kuguma muri icyo gihugu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp28.
Abisirayeli bamaze gukomera bakoresha Abanyakanāni amakoro, ntibabirukana rwose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp29.
Abefurayimu na bo ntibirukanye Abanyakanāni batuye i Gezeri, ahubwo Abanyakanāni baturanaga na bo i Gezeri.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp30.
Abazebuluni na bo ntibirukanye abaturage b’i Kitironi cyangwa abaturage b’i Nahalali, ariko abo Banyakanāni baturanaga na bo, bagakoreshwa amakoro.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp31.
Abashēri na bo ntibirukanye abaturage bo kuri Ako cyangwa ab’i Sidoni, cyangwa abo kuri Ahulaba cyangwa abo kuri Akizibu, cyangwa ab’i Heliba cyangwa abo kuri Afika, cyangwa ab’i Rehobu,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp32.
ahubwo Abashēri baturana n’Abanyakanāni bene icyo gihugu, ntibabirukana.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp33.
Abanafutali na bo ntibirukanye abaturage b’i Betishemeshi cyangwa ab’i Betanati, ahubwo baturana n’Abanyakanāni bene icyo gihugu, ariko abaturage b’i Betishemeshi n’i Betanati bakoreshwa amakoro.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp34.
Abamori baherereza Abadani mu gihugu cy’imisozi miremire, ntibabakundira kumanuka mu kibaya.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp35.
Kandi Abamori bashakaga gutura ku musozi wa Heresi muri Ayaloni n’i Shālubimu, ariko bene Yosefu babarushije amaboko, babakoresha amakoro.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp36.
Nuko urugabano rw’Abamori rwaheraga ahaterera hajya muri Akurabimu ku rutare, rukagera mu mpinga.

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma abacamanza igice cya: